SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Bruce Melodie na Coach Gael biyemeje kugeza ikipe UGB kure muri Shampiyona
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Bruce Melodie na Coach Gael biyemeje kugeza ikipe UGB kure muri Shampiyona
Imyidagaduro

Bruce Melodie na Coach Gael biyemeje kugeza ikipe UGB kure muri Shampiyona

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/01/20 at 8:25 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umunyamuziki Bruce Melodie na Coach Gael usanzwe ari umuyobozi wa 1:55 AM, bashoye imari mu ikipe ya Basketball yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yitwa United Generation Basketball ( UGB).

Byemejwe ku mugaragaro mu kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Mutarama 2024.

Umuyobozi Mukuru w’ikipe ya UGB, Jean LUC Cyusa yavuze ko kuva mu 1998 iyi kipe ifite intego zo guteza imbere umupira wa Basketball mu rubyiruko kugira ngo bazagire icyo bamarira igihugu ndetse n’imiryango yabo.

Avuga ko kugira ngo iyo ntego igerweho bagize amahirwe yo guhura na Bruce Melodie ndetse na Coach Gael, basanga bafite ubushake bwo guteza imbere urubyiruko.

Ati “Ubu ngubu twabaye umwe, mfite icyizere ko tuzagera kure kuko Bruce na Group ye kuba bataratinze kumva ko UGB dushobora guhuza imbaraga.”

Coach Gael usanzwe ari umuyobozi wa 1:55 AM avuga ko batekereje gukomeza kujyana imyidagaduro na siporo mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo bushingiye kuri siporo.

Avuga ko babanje kubyigaho basanga UGB ariyo kipe bakorana kugira ngo bashyire mu bikorwa ibyo biyemeje no gushyira itafari kuri ubwo bukerarugendo.

Bruce Melodie we yavuze ko atari impanuka gushora imari muri Basketball kuko mbere yo gukora imiziki yabanje gukina uyu mukino.

Yavuze ko atagiye kure ya Basketball kuko uyu mukino wamugumye mu maso, birimo amasezerano na BK Arena ndetse n’indirimbo yakoreye irushanwa rya BAL.

Ati “Uyu munsi dufite ikipe yacu dukwiriye gukunda no gushyigikira, tukayiba inyuma.”

Bruce Melodie yavuze ko gushora imari muri UGB bigamije kuyifasha kwitwara neza no guhatanira igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka.

Richard Nyirishema, Visi Perezida wa FERWABA avuga ko aya masezerano y’ubufatanye ari igikorwa cyiza gituma n’abandi bashoramari binjira muri Basketball.

Avuga ko uyu mukino uri kuzamuka haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Muri iki kiganiro hatangajwe ko Kenny Mugarura, usanzwe ari murumuna wa Coach Gael yahise agirwa Umuyobozi wungirije wa UGB.

Umwaka ushize ikipe ya UGB yarangije shampiyona iri ku mwanya wa munani mu makipe 14.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul January 20, 2024 January 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Tanzania (TFF) ryirukanye Umutoza .

January 20, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yihanganishije Perezida wa Turukiye Recep Tayyip Erdoğan nyuma y’inkongi y’umuriro yahitanye abagera kuri 76

January 22, 2025
Andi makuru

Leta ya RDC yafunze ambasade yayo I Kigali

January 26, 2025
Andi makuru

Cardinal Robert ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatorewe kuba Papa Mushya afata izina rya Leon XIV

May 8, 2025
Imikino

Roland-Garros: Rafael Nadal yasezerewe mu majonjora

May 28, 2024
Andi makuru

Abacanshuro 280 bo mu mutwe wa RALF barwaniraga DRC batashye iwabo banyuze mu Rwanda

January 29, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?