SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Zelensky wa Ukraine
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Zelensky wa Ukraine
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Zelensky wa Ukraine

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/01/17 at 8:43 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, baganira ku ntambara imaze iminsi muri iki gihugu ndetse n’imbaraga zikoreshwa mu kuyikemura.

 

Bombi bahuriye i Davos mu Busuwisi kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Mutarama mu 2024, aho bitabiriye Inama mpuzamahanga yiga ku bukungu (World Economic Forum).

Ku ruhande rw’u Rwanda ibi biganiro byanitabiriwe n’abarimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta na Ambasaderi w’u Rwanda mu Busuwisi, Marie Chantal Rwakazina.

Zelensky yatangaje ko muri uku guhura kwe kwa mbere na Perezida Kagame, yamumenyesheje uko gahunda iganisha Ukraine ku mahoro iteye, amubwira kandi ko ijwi n’ibihugu bya Afurika ari ingenzi mu kugira ngo agerweho.

Ati “Namenyesheje Perezida Kagame uko gahunda igamije ku mahoro iteye. Ijwi ry’ibihugu bya Afurika ni ingenzi kugira ngo ishyirwe mu bikorwa. Uwari uhagarariye u Rwanda yitabiriye inama ya kane ya gahunda y’amahoro yahuje abajyanama.”

Perezida wa Ukraine yavuze ko kuba u Rwanda rwarohereje umuntu uruhagararira muri iyi nama biha ubutumwa ibindi bihugu byo muri Afurika.

 

Ati “Ibi bitanga ikimenyetso gikomeye ku bindi bihugu byo muri Afurika. Ukraine yashyize Ambasade mu Rwanda ishaka gukomeza umubano n’akarere no kujya yoherezayo umusaruro w’ubuhinzi.”

Ukraine iri mu ntambara kuva muri Gashyantare 2022, aho yatewe n’ingabo z’u Burusiya. Perezida Zelensky abona igihugu cye kizagirana ibiganiro n’u Burusiya mu gihe buzaba bwamaze guhagarika ibitero.

Ibi biganiro bya Perezida Kagame na mugenzi we wa Ukraine bibaye nyuma y’iminsi mike Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine, itangaje ko iteganya gufungura ambasade yayo mu Rwanda, Mozambique no muri Bostwana nyuma y’uko ibikoze muri Ghana.

Mu Ukuboza 2022, Zelensky yavuze ko ashaka ko igihugu cye kigirana umubano nibura n’ibihugu 30 bya Afurika.

Muri Gicurasi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba yagiriye uruzinduko mu Rwanda asinyana amasezerano na mugenzi we w’ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta yerekeye iby’ubujyanama mu bya politiki hagati y’ibihugu byombi.

Mu butumwa Kuleba yanyujije kuri X icyo gihe, yavuze ko yaganiriye na Dr Biruta ku bijyanye na gahunda ya Perezida Zelensky yerekeye umugambi w’amahoro ukubiyemo ibijyanye no kubungabunga ubusugire bw’igihugu, umutekano mu by’ingufu, gufunguza imfungwa z’intambara no gutahukana abaturage u Burusiya bwatwaye bunyago.

Yagize ati “Turashaka guteza imbere ubufatanye mu by’ubucuruzi, ikoranabuhanga, ubwikorezi bwo mu kirere, ubwubatsi, uburezi n’ibijyanye n’imiti. Ukraine izafungura ambasade mu Rwanda.”

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul January 17, 2024 January 17, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Umutoza Seninga yahagaritswe by’agayeganyo na Etincelles kubera imyitwarire mibi

May 1, 2025
Andi makuru

Umunyarwenya Steve Harvey yashimye imikorere y’Ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru RBA

December 16, 2024
Iyobokamana

Amafoto ya Perezida Andrzej Duda apfukamye imbere y’ishusho ya Bikira Mariya yazamuye imbamutima za benshi

February 9, 2024
Imyidagaduro

Tasha The Dj yishimiye gusangira ubunani n’abana bo ku muhanda

January 1, 2024
Andi makuru

Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro inyubako ya Radiant Building

May 24, 2024
Imikino

Rwanda Pickleball Association yabateguriye ikiganiro cyo kuvuga ku bwiza bw’umukino wa Pickleball

May 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?