SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ubuyobozi bwa Cogebanque bwavuze impamvu yatumye igurishwa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Ubukungu > Ubuyobozi bwa Cogebanque bwavuze impamvu yatumye igurishwa
Ubukungu

Ubuyobozi bwa Cogebanque bwavuze impamvu yatumye igurishwa

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: December 6, 2023
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Cogebanque bwagaragaje ko icyatumye ibengukwa na Equity Bank ndetse bikarangira iyi banki ikomoka muri Kenya iyegukanye, atari uko yari mu bihombo ahubwo bifitanye isano no gushaka kwaguka ku isoko ry’u Rwanda, mu Karere na Afurika muri rusange.

Equity Group Holdings Plc, EGH, iherutse gutangaza ko yamaze kugura burundu Cogebanque, yegukana bidasubirwaho imigabane yayo 198.250 ingana na 99,1250%; nyuma y’aho ubwo bugure bwemejwe na Banki nkuru muri Kenya no mu Rwanda.

Kuri uyu wa 05 Ukuboza 2023, umwe mu bakoresha Urubuga rwa X ukoresha amazina ya Noella Shyaka, yavuze ko nubwo adafite amakuru yuzuye y’icyabiteye, ariko bishoboka ko Cogebanque yaba yaragurishijwe kubera ubukungu butifashe neza.

Uyu mukobwa yavuze ko ngo mu minsi yashize Cogebanque yavuzwemo ibijyanye no gutanga inguzanyo ntizishyurwe, bamwe bagafungirwa gutanga imyenda ku bantu batujuje ibisabwa, bikarangira itabashije kwishyurwa.

Ati “Ibi bikubita banki hasi, ikaba yaseswa cyangwa ikagurishwa.”

Yakomeje abwira abamukurikira ko ikindi cyatera kuba banki yagurishwa harimo n’ihangana, aho ngo ibigo byinshi bya leta bikoresha Banki ya Kigali, hakiyongeraho ko BK na Equity byashyize ababihagarariye hirya no hino mu duce dutandukanye, bituma abantu benshi bahitamo kuzikoresha kuko babona zibegereye cyane.

Yashimangiye ko ku bwe nubwo atarakora ubucukumbuzi butomoye, gutanga inguzanyo zitishyurwa ari byo byaba byaratumye Cogebanque igurishwa, “ibindi bikaza bishamikiyeho.”

 

Umuyobozi Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque, Antoine Iyamuremye, yamusubije yavuze ko kugurishwa kwa Cogebanque ntaho bihuriye no guhomba, gutanga inguzanyo zitishyurwa neza cyangwa kuba banki ifite aba-agent bake kuko “ubu aba-agent bayo barenga 650 mu gihugu hose.”

Ati “Ahubwo [Cogebanque] ni banki yazamukagaga neza kuko mu 2022 yari iya iya gatanu kandi yungutse agera kuri miliyari 9 Frw ivuye kuri miliyari 5 Frw yariho mu mwaka wabanje.”

Iyamuremye yakomeje avuga bimwe mu byo abantu bamenya birimo ko iyi banki ijya kugurishwa hari hagamijwe ko yakwaguka ku isoko ryayo mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Ibyo kandi yatangaje ko byajyanye n’ubushake bwo kubaka ubushobozi bw’urwego rw’imari mu Rwanda rukarushaho gukomera, harimo nko guha amafaranga imishinga minini iteza imbere u Rwanda n’Akarere.

Izo mpamvu zatumye igurishwa kandi yashimangiye ko zarimo gutanga umusanzu mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda buzamuka ku rwego rushimishije, by’umwihariko nko kwagura serivisi z’imari mu kurushaho kwimakaza izishingiye ku ikoranabuhanga.

Ati “Ibyo kandi byiyongera ku kuba umusemburo w’iterambere n’ubukungu by’abaturage mu Rwanda na Afurika muri rusange.”

Kwegukana Cogebanque kwa EGH byakozwe hamaze kugenzurwa neza niba ubwo bugure bukurikije amategeko, niba kandi amasezerano yemeranyijwe hagati y’impande zombi yarashyizwe mu bikorwa.

Ibyo byanemejwe na Banki Nkuru y’Igihugu muri Kenya na Banki Nkuru y’u Rwanda ndetse na Komisiyo ya COMESA ishinzwe kugenzura ihiganwa mu by’ubucuruzi.

Equity Bank Rwanda Plc ni yo banki ya gatatu nini mu Rwanda mu mutungo, kugeza muri Nzeri 2023 yari ifite abakiliya 1.351.486, ifite amashami 18, aba-agent 3880, ATM 23 n’abacurizi bakorana nayo 1.775.

Kugeza ku wa 30 Nzeri 2023, Umutungo wayo wose wanganaga na miliyari 682.9 Frw mu gihe inyungu yayo nyuma yo kwishyura imisoro yari miliyari 23,2 Frw.

MTN Rwanda yiseguye kubo yishyuje telephone za macye macye baratazifashe
Manzi ushinjwa kuriganya miliyari 13 Frw yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo
Airtel Rwanda yashyize kw’isoko Telefone ikoresha 4G n’amapaki ya Internet ahendutse
TradeMark Africa yijeje u Rwanda umusanzu mu gukomeza koroshya ubucuruzi
Onomo Hotel irashimwa uruhare ikomeje mu guteza imbere imyidagaduro yo mu Rwanda
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Energy Coins Slot

May 28, 2024

Real Web Casino Paypal Ireland

May 28, 2024

What Are The Best Online Gambling Sites In Ireland For Real Money

May 28, 2024

Pay Pal Casino No Deposit Bonus Codes For Free Spins 2024

May 28, 2024

Play Bitcoin Slot Machines In Ireland

September 19, 2019

Sunbet R250 Bonus

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?