SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Cardi B na Offset iby’urukundo rwabo bikomeje kuba inshoberamahanga
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Cardi B na Offset iby’urukundo rwabo bikomeje kuba inshoberamahanga
Imyidagaduro

Cardi B na Offset iby’urukundo rwabo bikomeje kuba inshoberamahanga

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/05 at 12:12 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuryango w’Umuraperi Offset na Cardi B watangiye kuvugwamo urunturuntu, aho uri gukinira ibisa n’imikino y’injangwe n’imbeba ku mbuga nkoranyambaga.

Mu ijoro ryo ku Mbere tariki 4 Ukuboza 2023, Cardi B na Offset batunguye ababakurikira, buri umwe akura undi mu mubare w’abo akurikira ku rubuga rwa Instagram.

Cardi B na Offset bahagaritse gukurikirana kuri uru rubuga, bitera benshi gutekereza ko bashobora kuba bagiye kongera gutandukana, nkuko byagenze mu 2018.

Aba bombi bahagaritse gukurikirana nyuma y’umwanya muto basa nk’abari mu ntambara y’amagambo ku mbuga nkoranyambaga.

Cardi B ushinjwa gukongeza uyu mwuka mubi, yatangarije kuri Instagram, ko “ Rimwe na rimwe umuntu akura akarenga umubano arimo.”

Offset na we abinyujije kuri urwo rubuga, yaciye amarenga yo gusubiza umufasha we atambutsa amashusho yo muri Filime yakunzwe cyane yitwa “Scar Face” aho umukinnyi uyikina aba yicaye mu rukarabiro yashobewe avuga ko ntawo kwizera afite.

Cardi B nta guca ku ruhande , yahishuye ko arambiwe kurinda amarangamutima y’abandi bantu. Yavuze ko ashaka kongera kwiyitaho mbere yo kwita ku bandi.

Yagize ati “Ndambiwe kurinda amarangamutima y’abantu, ngomba kwishyira imbere.”

Si ubwa mbere aba bahanzi bagiranye ibibazo mu rukundo kuko no mu kwezi kwa Nzeri mu 2018, aba bombi batandukanye bapfa ko Offset yaciye inyuma Cardi B nyuma y’amezi make bibarutse imfura.

Aba bahanzi bari mu bafite amazina akomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no ku Isi muri rusange, bongeye gukozanyaho nyuma y’imyaka itandatu babana nk’umugore n’umugabo cyane ko batangiye kubana mu 2017.

 

You Might Also Like

Bushali ,Muhinde, Umushumba barishimiwe cyane mu gitaramo baherutse gukorera I Musanze (Amafoto)

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi na RIB

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’uyu mwaka rizarangwa n’udushya twinshi

P Diddy agiye kuburanishwa mu mizi

Jose Chameleon yasubukuye igitaramo afite I Kigali

Nsanzabera Jean Paul December 5, 2023 December 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Miss Uwera Ricky Tricia wabaye Miss Popularity w’u Burundi 2023 akomeje intego ze.

January 20, 2024
Andi makuru

Minisiti w’intebe w’Ububiligi Maxime Prevot yasabye Museveni kuba umuhuza w’u Rwanda n’Ububiligi

April 28, 2025
Imyidagaduro

Chriss Eazy yahamagajwe muri RIB

February 20, 2023
Imyidagaduro

Niyo Bosco yashyize hanze indirimbo ndabihiwe iri kuri EP ye yise New Chapter

March 20, 2024
Andi makuru

Vivo Energy Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe ubuziranenge bw’ibikomoka kuri peterori kw’Isi (Amafoto)

November 18, 2024
Imyidagaduro

Mama wa Weasel yashimiye Teta Sanda ko akomeje gushyigikira umuhungu we

August 6, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?