SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Cecile Kayirebwa,Muyango ,Ruti Joel Bizeje abazitabira igitaramo cya Mtn Iwacu na Muzika igitaramo cy’amateka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Cecile Kayirebwa,Muyango ,Ruti Joel Bizeje abazitabira igitaramo cya Mtn Iwacu na Muzika igitaramo cy’amateka
Andi makuruImyidagaduro

Cecile Kayirebwa,Muyango ,Ruti Joel Bizeje abazitabira igitaramo cya Mtn Iwacu na Muzika igitaramo cy’amateka

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/11/22 at 11:26 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Abanyabigwi mu muziki Gakondo mu Rwanda  barimo  Mama  Cecile Kayirebwa ,Muyango  Jean Marie  uzwi cyane  nk’umutoza w’itorero ry’igihugu  urukerereza ,Ruti Joel, Cyusa ,na Sophie nzayisenga bashimangiye  ko  nubwo ari ubwa mbere  bagiye gukorera  igitaramo muri BK Arena mu gitaramo cya Nyuman cya  MTN  Iwacu  na  Muzika  nyuma yo kuzenguruka  intara zose  w’U Rwanda .

Mu kiganiro  n’Itangazamakuru  cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 21  Ugushyingo 2023   muri  Bk Arena ,Umuyobozi wa  East African Party   Bwana  Mushyoma  Joseph   Uzwi nka Boubou  yashimiye aba bahanzi bemeye kuzitabira iki gitaramo  nk’abantu bakuru  kandibakunzwe cyane hano mu Rwanda .

Yakomeje avauga ko  guitamo aba  bahanzi bagendeye ku k’uburambe n’ubuhanga bafite  muri muzika  gakondo  kandi ko kubahitamo byari akazi katoroshye mu kubahitamo    kuko buri umwe  twagiye tuganira  ku giti  cye.

Ati ” Twifuza gutaramana n’abanyarwanda bose kugira ngo dusoze MTN Iwacu Muzika Festival neza, turabasaba kuzahagera hakiri kare bakaryoherwa n’igitaramo cyiza cy’umuco nyarwanda.”

Yavuze ko bahisemo aba bahanzi kubera ubushobozi bwabo n’amateka n’umusingi wabo mu iterambere n’imenyekana rya muzika y’u Rwanda.

Umunyabigwi ntashidikanywaho mu muziki Nyarwanda akaba n’ikirango cyawo i mahanga, Cécile Kayirebwa yavuze ko gutaramira mu Rwanda ari ishema bikaba n’ibyishimo bikomeye cyane.

Ati “Ntakiruta gutaramira iwanyu, ukabwira abumva kuko nta wudakunda kubwira abumva”.

Yunzemo ko aterwa ishema no kwerekana ibyiza by’umuco Nyarwanda mu mahanga aho babikorana umurava.

Muyango Jean Marie wamamaye mu Rwanda no hanze yarwo kubera ubuhanga buhebuje no gusigasira umuco gakondo n’injyana Nyarwanda, yavuze ko yishimiye gutumirwa muri iki gitaramo yari asanzwe azi ko gitumirwamo urubyiruko gusa.

Yavuze ko nta bwoba bw’uko injyana gakondo Nyarwanda izazimira kuko hari urubyiruko rwayihebeye ruzabakorera mu ngata.

Yatanze urugero kuri Ruti Joël na Cyusa bazahurira muri iki gitaramo cy’amateka.Ati “Nta bwoba mfite aba barahari ndetse n’abandi benshi.”

Ruti Joël yavuze ko kujya ku rubyiniro rumwe n’abanyabigwi nka Cécile Kayirebwa na Muyango ari iby’igaciro gihambaye.

Ati ” Mama Cecile yigize kumbwira ngo, ikitari umuco si ikintu, indirimbo nyinshi tugendera ku bitekerezo byabo, ndabibashimira cyane.”

Cyusa yasabye abanyamakuru bari muri iki kiganiro kujya bashyigikira abahanzi bakora umuziki gakondo kuko ukundwa na benshi kandi udakwiye kwimwa umwanya mu bitangazamakuru binyuranye.

Ku rundi ruhande, aba bahanzi muri rusange bashimiye EAP yatekereje gusoreza Iserukiramuco rya ’MTN Iwacu Muzika Festival’ mu gitaramo cy’umuziki gakondo, bahamya ko ari indi ntambwe yo gusigasira umuco nyarwanda no guha ibyishimo abakunzi bawo.

Ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival byabereye mu Majyepfo y’u Rwanda mu Karere ka Huye, mu Burasirazuba byabereye mu Karere ka Ngoma, mu Burengerazuba byabereye mu Karere ka Rubavu n’aho mu Majyaruguru byabereye mu Karere ka Musanze.

Iki  gitaramo cy’amateka kizaba ku  Cyumweru taliki ya 26 Ugushyingo 2023 muri BK Arena aho kwinjira bizaba ari Ibiciro byo kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi 10 Frw, 15,000 Frw ndetse na 20,000 Frw.

 

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

Nsanzabera Jean Paul November 22, 2023 November 22, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Alliah Cool yasangiye n’abakunzi be mu gikorwa cyo kwerekana Filime yakinnyemo yitwa the Waiter

January 20, 2025
Imyidagaduro

Fally Merci yiseguye kubatarabashije kwinjira mu gitaramo abizeza kubashumbusha

March 29, 2024
Imyidagaduro

Kivumbi King yateguje alubumu ye yise Ganza

November 7, 2024
Andi makuru

Kampayana Augustin wayoboye akarere ka Nyarugenge n’ibindi bigo yitabye Imana

February 5, 2024
Andi makuru

PDiddy yikomye inzego za Leta ashyize ubuzima bwe mu kaga

October 10, 2024
Imyidagaduro

Ifoto za Moses Moshions yambaye ubusa zikomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga

March 25, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?