SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Hatangajwe Impinduka ku makipe n’imijyi izakinirwamo imikino ya BAL
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Hatangajwe Impinduka ku makipe n’imijyi izakinirwamo imikino ya BAL
Imikino

Hatangajwe Impinduka ku makipe n’imijyi izakinirwamo imikino ya BAL

Muhire Jimmy
Last updated: 2023/11/08 at 11:39 AM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

 

Irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yitwaye neza muri Basketball ryongereye umubare w’amakipe arihatanira, ava ku munani agera kuri 12 mu gihe Afurika y’Epfo yongewe mu bihugu bizajya bikiniramo amakipe ahatanira kugera mu mikino ya nyuma.

Imyiteguro ya BAL irarimbanyije kuko amakipe azahatanira gukina imikino ya nyuma izabera mu Rwanda ari hafi kumenya uko azahura hagati yayo mu mujyi umwe mu yatoranyijwe.

Ku wa Kabiri, tariki ya 7 Ugushyingo 2023, ni bwo hashyizwe hanze ibyitezwe mu irushanwa rigiye kuba ku nshuro ya kane hakubiyemo ko imikino yongerewe ikagera kuri 48.

Mu mpamvu nyamukuru zashingiweho hongerwa imikino harimo kuba n’imijyi iyikina yongereweho Johannesburg yo muri Afurika y’Epfo izakira imikino ya Karahari Conference izahurirwamo n’amakipe yo muri Afurika y’Amajyepfo.

Karahari Conference ni yo izabanza gukinwa aho izatangira muri Gicurasi 2024, hakurikireho Nile Conference izabera i Cairo mu Misiri na Sahara Conference izabera muri Sénégal.

Nyuma yo gushaka itike ku makipe ane muri buri gace, 12 azahurira i Kigali muri BK Arena ahatanire igikombe cya 2024 cya BAL kizakinwa hagati ya Gicurasi na Kamena uwo mwaka.

Al Ahly yo mu Misiri ni yo yegukanye igikombe giheruka itsinze AS Douanes ku mukino wa nyuma amanota 80-65, Stade Malien yegukana umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Petro de Luanda amanota 73-65.

Amakipe amaze kubona itike yo kuzakina imikino yo mu matsinda ni Al Ahly, Petro de Luanda, US Monastir, APR BBC, AS Douanes, Bangui Sporting Club, FUS Rabat na Al Ahly Benghazi.

BAL amakipe yamaze kongerwa

You Might Also Like

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

APR BBC yongeye itsindirwa mu maso ya Perezida Kagame na MBB South Africa 98-88

Muhire Jimmy November 8, 2023 November 8, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bruce Melodie yatumiwe na Harmonize mu gitaramo azakorera i Londre

April 1, 2023
Imyidagaduro

Nyuma y’imyaka 2 irushanwa rya Miss Supranational rigiye kwongera kuba

March 29, 2024
Imyidagaduro

Igitaramo cyabahoze bagize Sauti sol I Kigali cyahinduriwe amatariki

October 15, 2024
Imyidagaduro

King Promise yasangije urugendo rwe mu muziki abana bafashwa na Sherrie Silver Foundation

May 28, 2025
Ubukungu

Sea2City yashyize igorora abatunze imbwa n’Injangwe muri Kigali

November 7, 2024
Andi makuru

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye gukoresha Drone gucunga umutekano wo mu muhanda

January 4, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?