Ikipe ya REG BBC yamaze gutangaza ko yahaye akazi k’imyaka 3 ishobora kongerwa umutoza Mushumba Charles wamenyekanye muri IPRC Huye n’amakipe atandukanye y’Igihugu.
Iyi kipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu ikomeje gushakisha uko yakwitwara neza muri basket ball yo mu rwanda aho irimo gushaka abeza aha harimo no guha akazi abatoza beza aho Mushumba Charles yasimbuye Umunyamerika Dean Murray wasoje amasezerano ye muri Nzeri.
Bitandukanye n’imyaka ibiri ishize, kuri iyi nshuro REG BBC ntabwo izitabira imikino ya Basketball Africa League (BAL) kuko yatsindiwe mu mikino ya nyuma na APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona.
Kugeza ubu Mushumba Charles yatozaga ikipe ya IPRC Huye ndetse anyuzamo agatoza n’amakipe y’Igihugu mu byiciro bitandukanye.

Mu mwaka wa 2022, yabaye umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu , akaba kandi yari mu batoza bafashije umutoza w’ikipe y’igihugu Cheikh Sarr mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2023.

Mu gihe cye Mushumba nk’umukinnyi yakiniye ikipe ya Kaminuza y’urwanda (NUR) mu 1997 mbere y’uko aba umutoza mukuru wayo yaba ikipe y’abagabo ndetse n’iy’abagore.
