Nyuma yo kugaragara mu cyumba aryamanye n’inkumi agakingirizo kari hafi y’amaguru ye, Davis D yashyize hanze udukingirizo twe yise “D Protection” mu rwego rwo gufasha abakundana n’abashakanye kujya bikingira mbere yo gukora imibonano mpuzabitsina.
Mu kiganiro yagiranye na Ahupa Visual Radio Davis D yavuze ko yasohoye utu dukingirizo mu rwego rwo gufasha urubyiruko cyane ko ari rwo rwugarijwe, kwirinda inda zitateganyijwe no kwirinda SIDA muri rusange
Yagize ati: ’’Nk’umuhanzi kandi w’urubyiruko nifuje gutanga umusanzu wanjye ku rubyiruko benshi badukurikirana, icyo nagiraga ngo mbashishikarize ni ukwirinda SIDA cyane ko ari cyo kibazo cyugarije urubyiruko cyane. Ndetse no kwirinda izindi ndwara zibonekera mu mibonano mpuzabitsina n’inda zitateganyije.
Uruhare rwanjye rero kuri utu dukingirizo twa “D Protection” ni ugushishikariza urubyiruko kwirinda mbashishikariza kwikingira. Rero kugira ngo babyumve neza nabakoreye agakingirizo kanjye.
Rero benshi bakunda Davis D n’ibihangano byanjye bagakoresha ndetse banishimira ko bari gukoresha agakingirizo k’umuhanzi wabo bakunda.’’
Davis D yavuze o ubu utu dukingirizo tutarajya ku isoko, gusa bari gushaka uko badukwirakwiza mu gihugu. Yavuze kandi ko vuba abantu bari bumenye ibiciro byatwo n’aho badusanga n’ubwo yaciye amarenga ko igiciro ari igisanzwe.
Utu dukingirizo dusohotse nyuma y’uko uyu muhanzi agaragaye mu cyumba n’inkumi yavugishije abatari bake ubwo yari yicaye ndetse anaryamye mu bihe bitandukanye, impande ye hagaragara agakingirizo kakoreshejwe.