SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yagiriye urugendo muri Israel
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yagiriye urugendo muri Israel
Andi makuru

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yagiriye urugendo muri Israel

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/10/19 at 1:05 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yageze muri Israel mu gitondo cyo ku wa Kane, mu ruzinduko rugamije kwifatanya n’iki gihugu mu ntambara y’iterabwoba kirimo n’Umutwe wa Hamas wo muri Palestine.

Akigera i Tel Aviv, Minisitiri w’Intebe Sunak yahuye na Perezida wa Israel, Isaac Herzog, nyuma y’aho abonana n’imiryango ifite abantu bashimuswe na Hamas ubwo wagabaga igitero gitunguranye ku butaka bwa Israel.

Mu biganiro yagiranye n’uyu Mukuru w’Igihugu, Sunak yasabye ko hashyirwaho uburyo bufasha amahanga kugeza ubufasha n’inkunga ziganjemo amazi, ibiribwa n’imiti mu Gace ka Gaza.

Rishi Sunak yavuze ko “Abanya-Israel bahungabanyijwe n’igikorwa cy’ubunyamaswa cy’iterabwoba.”

Yagaragaje ko Israel ifite uburenganzira bwo kwirwanaho yemererwa n’amategeko mpuzamahanga.

Biteganyijwe ko mu masaha ari imbere Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak agirana ibiganiro na mugenzi we wa Israel, Benjamin Netanyahu.

Rishi Sunak agiriye uruzinduko muri Israel nyuma y’uko hashize amasaha make Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden na we avuye muri iki gihugu.

Kuva intambara ya Israel n’Umutwe wa Hamas watangira iki gihugu kimaze gupfusha abasirikare 300. Ni umubare wiyongera ku basivile batagira ingano bamaze kugwa muri iyi mirwano haba ku ruhande rwa Palestine n’urwa Israel.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul October 19, 2023 October 19, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yashimangiye ko insengero zigomba kujya zisoreshwa

August 15, 2024
Andi makuru

Abantu 18 baguye mu mpanuka y’ubwato muri Tunisia

March 19, 2025
Imyidagaduro

Igitaramo cyabahoze bagize Sauti sol I Kigali cyahinduriwe amatariki

October 15, 2024
Imyidagaduro

Kayumba Darina yambitswe impeta n’Umukunzi

December 2, 2024
Kwamamaza

Skol yifatanyije na Orion BBC bateye ibiti ibihumbi 28 mu bukangurambaga bwa #OneShootOneTree

January 22, 2024
Imyidagaduro

Itorero Inganzo Ngari rikomeje imyiteguro y’igitaramo ryise ’Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda

July 19, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?