SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Davido yayomoje amakuru avuga ko we n’umugore we bibarutse Impanga
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Davido yayomoje amakuru avuga ko we n’umugore we bibarutse Impanga
Imyidagaduro

Davido yayomoje amakuru avuga ko we n’umugore we bibarutse Impanga

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/10/12 at 12:38 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi ukomeye mu njyana ya Afrobeats David Adedeji Adeleke uzwi Davido, yanyomoje abantu bakomeje gukwiza ibihuha by’uko yibarutse impanga no gusakaza amafoto ye ya kera ku mbuga nkoranyambaga, abasaba kubireka.

Ibi uyu muhanzi ukomoka muri Nigeria, yabitangaje mu gihe muri iki cyumweru hakwirakwijwe inkuru ivuga ko we n’umugore we Chioma Avril Rowland, bibarutse impanga.

Aya makuru yashyizwe hanze ku wa Kabiri w’iki cyumweru, ku rubuga rwa X na Ovie, uyu akaba asanzwe ari umwe mu bagabo babarizwa mu myidagaduro muri Nigeria, yavugaga ko Davido na Chioma bibarutse impanga, bari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni amakuru ba nyiri ubwite bari bataratangaza kugeza ubwo ku wa Gatatu, Davido ashyiriye ubutumwa kuri X, asaba abantu guhagarika gukomeza gukwirakwiza amafoto ye ya kera ku mbuga nkoranyambaga.
Yagize ati “Ndabasaba guhagarika gukomeza gukwirakwiza amafoto yanjye ya kera ku mbuga nkoranyambaga, murakoze.”
Aya mafoto yagiye akwirakwizwa agaragaza Davido na Chioma baryamye ku gitanda kwa muganga, bikavugwa ko bari bamaze kwibaruka.

Ubu butumwa bwa Davido, busa nk’aho bwakuragaho amakuru y’ibihuha byo kuba uyu muryango waribarutse abana b’impanga.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2022, Davido na Chioma, umwana w’umuhungu bari bafitanye witwa Ifeanyi David Adeleke, yitabye Imana. Uyu mwana w’imyaka itatu yaguye mu bwogero bwo hanze (Swimming pool) mu rugo rwa Davido, ruherereye ku kirwa cya Banana muri Leta ya Lagos.

Davido na Chioma Avril Rowland, tariki 4 Ugushyingo 2022, nibwo basezeranye nyuma y’igihe kirekire bari bamaze bakundana, mu gihe indi mihango y’ubukwe yabaye mu ntangiriro z’uyu mwaka ndetse ikorwa mu buryo bw’ibanga.

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul October 12, 2023 October 12, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Kwamamaza

Kaizen Hotel yatashye ku mugaragaro ibikorwa bishya birimo Gym na Sauna Massage (Amafoto)

June 1, 2024
Andi makuru

Perezida Tshisekedi yitabiriye inama ya Comesa i Burundi

October 31, 2024
Imyidagaduro

Umuramyi Bosco Nshuti yerekeje ku mugabane w’iburayi

November 28, 2023
Imyidagaduro

Dj Ira ari mu gahinda nyuma yo kubura umubyeyi we witabye Imana

June 13, 2023
Imyidagaduro

Massamba yitabiriye ihuriro rizahuza urubyiruko rw’abanyarwanda muri Canada

November 21, 2023
Imyidagaduro

Javanix yashyize hanze indirimbo isaba urubyiruko kuva mu rukundo rudafite gahunda bakarongora

October 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?