SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Miss Uwase Raissa Vanessa yahishuye ko nta mugabo n’inzoga akifuza mu buzima bwe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Miss Uwase Raissa Vanessa yahishuye ko nta mugabo n’inzoga akifuza mu buzima bwe
Imyidagaduro

Miss Uwase Raissa Vanessa yahishuye ko nta mugabo n’inzoga akifuza mu buzima bwe

Gossip Kigali
Last updated: 2023/10/05 at 5:12 PM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Miss Uwase Raissa Vanessa wamamaye mu irushanwa rya Miss Rwanda, kuva ubwo akaba umwe mu bagarukwaho ku mpapuro z’imbere mu binyamakuru byandika imyidagaduro kubera inkuru z’urukundo rwe, yahishuye ko yamaze guhurwa ibyo gukundana.

Ni amagambo uyu mukobwa yatangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ubwo yari ahaye umwanya abamukurikira ngo bamubaze ibibazo bashaka.

Mu bibazo yabajijwe harimo abakomoje ku bijyanye n’urukundo rwe, bamubaza niba hari umusore waba yarigaruriye umutima we.

Mu kubasubiza uyu mukobwa yagize ati “Nta mukunzi mfite nta n’uwo nshaka. Nishimiye uku meze.”

Hari uwamubajije niba yizeye neza ko atazongera gukunda ukundi, amusubiza agira ati “Kereka Imana ninzanira umugabo ku ngufu.”

Uretse ibijyanye n’urukundo rwe, ikindi uyu mukobwa yahishuye ni uko atakinywa inzoga, aha akaba yasubizaga uwari umubajije igihe bazasangirira divayi.

Muri Werurwe 2023 nibwo Miss Vanessa yeruye ko yatandukanye n’umusore bari bamaze igihe bakundana, ahamya ko kuva ubwo nta mukunzi afite.

Iby’uko yatandukanye n’uyu musore, Miss Vanessa nabyo yabigarutseho mu minsi ishize ubwo yaganiraga n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Muri Gicurasi 2021 ubwo Miss Uwase Vanessa yaganiraga na IGIHE, yahishuye ko ari mu munyenga w’urukundo n’umusore yari yarasimbuje Putin Kabalu bari baratandukanye icyakora icyo gihe yirinda gutangaza imyirondoro ye.

Miss Vanessa wari wavuzwe cyane mu nkuru z’urukundo yamamaye mu Irushanwa rya Miss Rwanda 2015 aho yegukanye ikamba ry’Igisonga cya Mbere akurikiye Kundwa Doriane watowe nka Nyampinga w’u Rwanda uwo mwaka.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali October 5, 2023 October 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Menya utubyiniro tugezweho muri Kigali wasohokeramo muri week end

May 18, 2024
Ubuzima

Nyiramandwa wari inshuti ya Perezida Kagame yitabye Imana

December 30, 2022
Imyidagaduro

Perezida Samia Suluhu yitabiriye ibirori byateguwe na Harmonize

May 27, 2024
Ikoranabuhanga

Airtel Rwanda yatangije Promosiyo y’inyogera ya 10%

December 1, 2023
Imyidagaduro

Patoraking yasuye abanyeshuri afasha biga muri African Leadership University I Kigali

May 6, 2024
Imyidagaduro

Miss Aurore Kayibanda yakorewe ibirori bya Bridal Shower

July 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?