SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: The Ben yakiranywe ubwuzu n’urukundo byinshi I Bujumbura (Amafoto )
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > The Ben yakiranywe ubwuzu n’urukundo byinshi I Bujumbura (Amafoto )
Imyidagaduro

The Ben yakiranywe ubwuzu n’urukundo byinshi I Bujumbura (Amafoto )

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/09/27 at 6:21 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi Mugisha Benjamin ukunzwe  nka The Ben  cyangwa Tiger B yageze mu Mujyi wa Bujumbura i Burundi aho agiye gukorera ibitaramo bibiri yakirwa bikomeye n’abakunzi b’umuziki bo muri iki gihugu bari bamubonye ku nshuro ya mbere.

Uyu muhanzi wageze i Bujumbura ari kumwe n’umugore we Uwicyeza Pamella yakiriwe n’abanyamakuru benshi bari bamutegerezanyije amatsiko.

Uyu muhanzi waherekejwe na benshi mu bazwi cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda na  Muyoboke  Alexis , Rwema Denns , Noopja  nyiri coutry Record n’abanyamakuru benshi cyane bakomeye mu Rwanda yahise ajya kugira ikiganiro  n’itangazamakur ryari ryitabiriye ari ryinshi ako ku kibuga mpuzamahanga kitiriwe Melchior Ndaday  I Bujumbura

Nyuma yo kuganira n’abanyamakuru, The Ben yatemberejwe umujyi wa Bujumbura agira umwanya wo kwiyereka abafana be ndetse anasabana nabo.

Ni urugendo rwaranzwe n’ubwitabire bwinshi bw’abafana bifuzaga kwibonera uyu muhanzi wananyuzagamo akaramutsa abakunzi be.

Nyuma yo gutemberezwa Umujyi wa Bujumbura, The Ben yahise ajyanwa kuri hoteli aho yagombaga kuruhukira.

The Ben ategerejwe mu gitaramo azahuriramo na Big Fizzo na Sat B b’i Burundi, DJ Diallo, DJ Lamper, Bushali, Babo na Shemi bazaturuka i Kigali na Romy Jons usanzwe ari DJ wa Diamond hakiyongeraho Lino G, umusore uri kuzamuka neza mu muziki w’u Burundi.

Iki gitaramo biteganyijwe ko kizaba ku wa 1 Ukwakira 2023 kuri Jardin Public.

Mbere y’uko The Ben ataramira Abarundi mu gitaramo nyamukuru, azabanza guhura n’abakunzi be ku wa 30 Nzeri 2023, aho kwinjira bizaba ari ibihumbi 100 Fbu na miliyoni 2 Fbu ku meza y’abantu umunani, bagahabwa amacupa abiri ya champagne.

Muri ibi birori kandi itike y’abanyacyubahiro izaba ari miliyoni 10Fbu (arenga miliyoni 3 Frw) umuntu akanywa, akanarya n’icyo ashaka hamwe n’umuryango we w’abantu icumi azaba yasohokanye.

Mu gitaramo nyamukuru kizaba ku wa 1 Ukwakira 2023, itike yo kwinjira izaba ari ibihumbi 10Fbu ku muntu umwe, itike ya VIP bikaba ibihumbi 50Fbu, ameza y’abantu batandatu azaba agura ibihumbi 500Fbu, mu gihe ay’abantu umunani ariho amacupa abiri ya champagne azaba agura miliyoni 1,5Fbu.

Amafoto : Igihe 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul September 27, 2023 September 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Igitaramo icyumba cya Rap cyasubitwe ku munota wa nyuma kubera imvura yaguye muri Kigali

December 27, 2024
Iyobokamana

Israel Mbonyi yongerewe mu bazaririmba mu gitaramo cya Ewangelia Easter Celebration Concert.

March 24, 2024
Imikino

Rutahizamu Alsény Camara yijeje Aba-Rayons kuzitwara neza !

November 23, 2023
Imikino

Mapinduzi Cup: Umutoza wa APR FC akomeje kwiriza nk’agahinja !

January 3, 2024
Andi makuru

#Kwibuka31 : Tariki ya 10 Mata 1994 Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga

April 10, 2025
Imyidagaduro

Kelis Rogers wari umugore wa Nas yahishuriye abamukurikira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda

February 8, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?