SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Burna Boy, Davido, Wizkid bazitabira Ibirori bya Trace Awards i Kigali
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Burna Boy, Davido, Wizkid bazitabira Ibirori bya Trace Awards i Kigali
Imyidagaduro

Burna Boy, Davido, Wizkid bazitabira Ibirori bya Trace Awards i Kigali

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/23 at 2:32 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Abahanzi bakomeye muri Nigeria barimo  Burna Boy, Davido, Wizkid na Rema bari mu bategerejwe guhurira i Kigali ku wa 21 Ukwakira 2023 aho bazaba bitabiriye ibirori byo gutanga ibihembo bya Trace Awards, byahuriranye n’ibyo kwizihiza imyaka 20 Trace imaze.

Ibi bihembo bitegerejwe gutangirwa mu gitaramo kizatambuka kuri Trace TV ariko kibera muri BK Arena.Ababihatanira bashyizwe mu byiciro 25.

Ni ibihembo bihataniwe n’abahanzi b’amazina akomeye hafi ya bose muri Afurika barimo Tiwa Savage, Burna Boy, Rema, Davido, Wizkid, Yemi Alade, Diamond n’abandi.

Mu kiganiro n’umwe mu bayobozi bw’abari gutegura Trace Awards, bavuze ko kugeza ubu ibiganiro biganisha ku kuba aba bahanzi bose bazitabira byarabaye nubwo hasigaye ko basinyana amasezerano.

Ati “Bose biteganyijwe ko bazitabira iki gitaramo, icyakora hari amasezerano dusigaje gusinyana na bo gusa icyizere kirahari rwose ko bazaza.”

Mu byiciro 25 bihatanirwa, 22 nibyo byatangiye gutorwamo cyane ko amatora yatangiye ku mugoroba wo ku wa 22 Kanama 2023 mu gihe bitatu bisigaye byo bizagenwa n’ubuyobozi bwa Trace.

Biteganyijwe ko abazegukana Trace Awards bazamenyekana ku wa 21 Ukwakira 2023, mu gihe amajwi y’abafana ari kimwe mu bizarebwaho bikomeye cyane ko azahuzwa n’ayavuye mu itsinda ry’abateguye ibi bihembo.

Mu cyiciro cyahariwe u Rwanda nk’igihugu cyakiriye ibi bihembo, abahanzi barimo Chris Eazy, Bwiza, Ariel Wayz, Kenny Sol na Bruce Melodie nibo bari guhatanira iki gihembo.

You Might Also Like

Jennifer Lopez yajyanywe mu rukiko kubera amafoto ye

Jose Chameleon yageze I Kigali aherekejwe na Teta Sandra yanga kuganira n’itangazamakuru

The Ben Agiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abarimo Diamond Platnumz,Bebe Cool na Eddy Kenzo muri Uganda

RIB yaburiye abanyamakuru bashobora kwisanga mu cyaha mu kibazo cya Bishop Gafaranga

Urubanza rwa Bishop gafaranga rwaburanishirijwe mu muhezo

Nsanzabera Jean Paul August 23, 2023 August 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Minisitiri Dr Utumatwishima Yasabye abakunzi ba muzika kumuherekeza mu gitaramo cya Yago Pon Dat

December 21, 2023
Imyidagaduro

Amafoto ya John Cena yambaye ubusa mu bihembo bya Oscars yambaye akomeje kuvugisha benshi

March 11, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye uhagarariye Oromia yo muri Ethiopia

January 13, 2025
Imyidagaduro

Igitaramo cya Tems cyari gitegerejwe na benshi cyasubitswe

January 30, 2025
Imikino

Ikipe ya Kiyovu Sports yahagaritse Mugunga Yves!

December 20, 2023
Imyidagaduro

Davido yakoze igitaramo cy’amateka kitabirwa n’abarenga ibihumbi 50

April 25, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?