SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Urupfu rw’Umunyarwanda Fred Kamaliza waguye muri Uganda rukomeje guteza urujijo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Urupfu rw’Umunyarwanda Fred Kamaliza waguye muri Uganda rukomeje guteza urujijo
Andi makuru

Urupfu rw’Umunyarwanda Fred Kamaliza waguye muri Uganda rukomeje guteza urujijo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/22 at 10:08 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umunyarwanda Fred Kamaliza yari asanzwe ari umucuruzi uzwi muri Uganda. Amakuru avuga ko aherutse gupfira muri gereza rw’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda, ariko iby’urwo rupfu ntibirasobanuka neza.

Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda rwitwa Chieftaincy of Military Intelligence, CMI, rukaba ruyoborwa na Major General James Birungi.

Fred Kamaliza yari umwe mu bacuruzi bazwi cyane i Kampala.

Mu mafaranga ye, yari yaraguzemo imodoka ihenze ya Range Rover, ifite ikirango cyanditswe mu mazina ye mu mpine ari yo Fred K.

Inkuru y’urupfu rwa Kamaliza Fred yatangiye kumenyekana mu mpera z’Icyumweru cyatambutse, ariko itangazamakuru kuri uyu wa Mbere mu masaha ashyira ay’igicamunsi nibwo ryatangiye kubigenzurira hafi.

Bivugwa ko yasimbutse inzu ndende iri ku cyicaro cya CMI kiri ahitwa Mbuya ariyahura.

Icyakora nta ruhande rwigenga ruragira icyo rubitangazaho ngo bigire umurongo bihabwa.

CMI nayo ntacyo irabivugaho.

Iby’uko yasimbutse iriya nyubako, hari bamwe batabiha ishingiro kubera ngo nta kintu kigaragaza aho yari ahagaze mbere yo gusimbuka ndetse n’aho yituye hasi bikamuviramo urupfu ntiharagaragazwa.

Bamwe bemeza ko uriya muherwe yafashwe n’abakozi ba CMI bafatanyije n’abo mu itsinda rishinzwe gukumira no kuburizamo ibikorwa by’iterabwoba ryitwa JATT ( Joint Anti-Terrorism Task Force).

Ntiharamenyekana icyo yaba yarafungiwe ariko hari abavuga ko byaba bifitanye n’ibyaha by’ikoranabuhanga.
Ikiriyo cyo kumwibuka kiri kubera i Kampala kandi biravugwa ko hari gahunda yo gucyura umurambo we ukazanwa i Rwanda, ariko ibi bibangamiwe n’uko ibyangombwa bye bigifitwe n’abayobozi.
Daily Monitor yabajije Umuvugizi wungirije w’Ingabo za Uganda, Col Deo Akiiki ku rupfu rwa Fred Kamariza, undi asubiza ko nta kintu abiziho!

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul August 22, 2023 August 22, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Imbamutima za Massamba na Aline Gahongayire nyuma yo kugirwa b’Ambasaderi bo kumenyekanisha u Rwanda mu mahanga

December 4, 2023
Andi makuruUbuzima

Urubyiruko rugize itsinda rya MC Brian & Friends rwatanze Mutuelle de Sante mu Karere ka Nyanza (Amafoto)

September 13, 2023
Imikino

Nshimiyimana Eric utoza ikipe ya Bugesera FC ashobora kwirukanwa!

November 6, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Latvia

October 2, 2024
Kwamamaza

Satguru Travel &Tours yegukanye igihembo cy’ikigo cy’ubukerarugendo cyahize ibindi muri Consumers Choice Awards 2024

May 22, 2024
Andi makuru

1000 Hills event igiye gutanga ibihembo byiswe “Rwanda Women in Business Awards 2024

February 26, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?