SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ne-yo yiseguye kubabajwe n’amagambo yavuze kubaryamana bahuje ibitsina
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ne-yo yiseguye kubabajwe n’amagambo yavuze kubaryamana bahuje ibitsina
Imyidagaduro

Ne-yo yiseguye kubabajwe n’amagambo yavuze kubaryamana bahuje ibitsina

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/09 at 11:48 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuririmbyi w’umunyamerika Shaffer Chimere Smith wamamaye nka Ne-Yo, yanditse ubutumwa yisegura ku barakajwe n’imvugo aheruka gukoresha, yagaragaye nko kwibasira abaryamana n’abo bahuje imiterere n’abandi bafite babarizwa mu muryango w’ababana bahuje ibitsina n’abafite ibindi byiyumvo ku mibonano mpuzabitsina bitandukanye n’ukubana k’umugabo n’umugore (LGBTQI+).

Iyi mvugo ya NE-YO yatumye benshi batamwishimira ni iyo yakoresheje ubwo yagiranaga ikiganiro na VladTV.

Muri iki kiganiro hari aho yavuze ati “Njye ubwanjye naje mu gisekuru aho umugabo yari umugabo ndetse n’umugore akiyumva nk’umugore. Hari ibitsina bibiri, ni uko nabayeho.’’

Yageze aho yibasira ababyeyi bemerera abana babo kuba babarizwa mu bafite igitsina [gender] gitandukanye n’uko bateye mu mubiri ndetse n’imyitwarire, bashobora no kugera aho bagafata umwanzuro wo kwihinduza igitsina bazwi nk’aba- Transgender.
Ati “Numva ababyeyi basa nk’abibagiwe inshingano y’umubyeyi icyo ari cyo. Niba umuhungu wawe muto aje akakubwira ngo ‘Papa nshaka kuba umukobwa’ nawe ukamureka? Nibihinduka igitekerezo cyiza kuri uyu muhungu w’imyaka itanu, uw’imyaka itandatu bikaba uko, ukareka n’uwa 12; bakaba bafata iki cyemezo cyo guhindura ubuzima bo ubwabo?”
Nyuma y’aho ubu butumwa butakiriwe neza, Ne-Yo yashyize ubutumwa kuri Twitter agaragaza kwicuza yisegura ku babarizwa mu muryango w’ababana bahuje ibitsina n’abafite ibindi byiyumvo ku mibonano mpuzabitsina bitandukanye n’ukubana k’umugabo n’umugore (LGBTQI+) .
Ati “Nyuma yo kubitekerezaho cyane, ndashaka gusaba imbabazi byimazeyo uwo naba narakomerekeje biturutse ku bitekerezo byanjye. Nahoraga ndi umuvugizi w’urukundo nkanaharanira kuvuganira abo mu muryango wa LGBTQI + ngo badahezwa.’’

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul August 9, 2023 August 9, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Papa Francis yicujije ku magambo yavuze ku bagabo baryamana bahuje ibitsina

May 29, 2024
Imyidagaduro

Kidumu agiye gukorera ibitaramo by’umwaka mushya muri canada

December 29, 2024
ImikinoImyidagaduro

Riderman na Chris Eazy batumiwe mu birori byo gusoza Champion Leagues byateguwe na B&B FM

June 8, 2023
Andi makuru

Gen Kainerugaba yashimangiye ko azitabira irahira rya Perezida Paul Kagame

August 5, 2024
Utuntu n'utundi

Umusobanuzi Habibu Igihangange arasaba abakunzi begukomeza kureba Filime abasobanurira

July 5, 2023
Imikino

Minisitiri Munyangaju na Masai Ujiri batashye ikibuga cya Basketball cyubatswe muri ENDP Karubanda

May 29, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?