SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ubuzima bwa Jose Chameleone buri mu mazi abira muri Amerika
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ubuzima bwa Jose Chameleone buri mu mazi abira muri Amerika
Imyidagaduro

Ubuzima bwa Jose Chameleone buri mu mazi abira muri Amerika

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/07/06 at 11:36 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Ubuzima bw’umuririmbyi w’Umunya-Uganda wubatse amateka mu muziki Joseph Mayanja wamenyekanye nka Jose Chameleone, bugeze aho rukomeye ndetse bamwe batangiye kumuhangayikira kubera ibihe arimo.

Uyu muhanzi w’imyaka 44 ibinyamakuru bitandukanye muri Uganda byatangaje ko yafashwe n’uburwayi bwo mu nda ubwo yajyaga gusura abana be aho babana n’umugore we Daniella Atim muri Amerika.

Bivugwa ko uru rugendo yagize mu kwezi gushize, yageze muri Amerika ubuzima bwe buramuhinduka kubera kurwara inyama zo mu nda.

Uyu muhanzi yahise ajyanwa mu bitaro biherereye i Minnesota igitaraganya ahashyirwa indembe ndetse ahita anajyanwa kubagwa vuba na bwangu.

Nyuma yo kubagwa yaciwe miliyoni 370 z’amashilingi ya Uganda angana na 116.232.490 Frw.

Uyu muhanzi nyuma yo kubona kwishyura bigoye yitabaje Minisitiri w’Intebe muri Uganda, Robinah Nabbanja, amusaba ubufasha.

Bukedde News Paper yatangaje ko abahanzi bagenzi ba Chameleone n’inshuti ze za hafi i Kampala aribo bifashishijwe mu biganiro na guverinoma ngo harebwe icyakorwa ngo aya mafaranga aboneke abone uko yishyura ibitaro.

Chameleone yari amaranye imyaka irenga ibiri uburwayi bwo mu nda ndetse yagiye agirwa inama n’abaganga zo kwibagisha kenshi ariko bumuzahaje cyane muri iki gihe.

Muri Kanama 2021 nabwo Jose Chameleone yari yajyanywe mu bitaro kubera uburwayi yagize mu nda.

Se wa Chameleone yavuze ko uyu muhanzi yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika atameze neza, agezeyo basanga afite ikibazo cy’igifu cyaje kumuviramo kuremba.

Chameleone ni umwe mu bahanzi bo muri Uganda bakoze indirimbo nyinshi zakunzwe, mu ntangiro za 2021 yashakaga gukomereza urugendo rwe no muri politiki akayobora Umujyi wa Kampala ariko ntibyamuhiriye.

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul July 6, 2023 July 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Igitaramo cya Demarco cyasubitswe ku munota wa nyuma

December 28, 2022
Andi makuru

Umutwe w’Inyeshyamba za FDLR urifuza umuhuza n’u Rwanda

December 9, 2024
Andi makuru

Clare Akamanzi yahawe igihembo na Forbes Africa

March 9, 2024
Imyidagaduro

Diamond Platnumz yishimiye ko igitaramo yakoreye i Kigali cyitabiriwe n’Umuryango wa Perezida Kagame

August 13, 2023
Imyidagaduro

Icyamamare Roberto De Niro yibarutse ku myaka 79

May 11, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yasangije abanyamerika ubuzima abanyarwanda babayemo mu nkambi

February 2, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?