SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ingendo z’indege zahagaritswe i Moscou kubera ibitero bya drone
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Ingendo z’indege zahagaritswe i Moscou kubera ibitero bya drone
Andi makuru

Ingendo z’indege zahagaritswe i Moscou kubera ibitero bya drone

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/07/04 at 7:03 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya yatangaje ko Ukraine yagabye ibitero i Moscou ikoresheje drones bituma indege zivanwa ku kibuga cya Vnukovo.

Amakuru avuga ko ibyo bitero byagabwe kuri uyu wa Kabiri hakoreshejwe drone eshanu zikaba zanageze mu bindi bice byegereye Umurwa Mukuru w’igihugu.

Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko izo drone zose zahanuwe kandi ko nta bantu bapfuye cyangwa ngo bakomereke ndetse ko nta byononekaye.

Ku rundi ruhande ariko Ukraine ntiyigeze yemera ko ari yo yagabye ibyo bitero nk’uko inkuru ya BBC ibivuga.

Indege zo muri Turukiya, Leta Zunze Ubumwe z’Abararu na Misiri ni zo zagizweho ingaruka n’ihagarikwa ry’ingendo kubera icyo gitero.

Akoresheje urubuga rwa Telegraph, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya, Maria Zakharova, yagize ati “Iki gikorwa cy’ubutegetsi bwa Ukraine cyo kugerageza kugaba igitero mu karere karimo ibikorwaremezo bya gisivile nk’Ikibuga cy’Indege cyakira Indege Mpuzamahanga, ni ikindi gikorwa cy’iterabwoba.”

Iki si cyo gitero cya mbere cya drone kigabwe kuri Moscou. Muri Gicurasi Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko hari drone zigera kuri eshanu zangije ibintu bike, icyakora Ukraine ihakana ko nta ruhare na rumwe yigeze igira mu bitero byombi

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul July 4, 2023 July 4, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Samia Suluhu Hassan yongeye guhura na January Makamba

February 25, 2025
Ubukungu

Manzi ushinjwa kuriganya miliyari 13 Frw yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

August 28, 2024
Andi makuru

Dr Alfred Paul Jahn wamamaye nka Mon ami yasabye abatuye ku Rwesero kuzamushyingura hafi yabo niyitaba Imana

May 18, 2024
Imyidagaduro

Kendo yahuje imbaraga na Racine bashyira hanze indirimbo bise “Keza” (Video)

January 26, 2023
Andi makuru

Perezida Macky Sall wa Sénégal yageze i Kigali

December 18, 2023
Utuntu n'utundi

Diane Shima Rwigara yatanze kandidatire ’ituzuye’ ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu

May 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?