SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: John Drille yishimiye kugaruka mu Rwanda avuga ko ahafata nko mu rugo(Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > John Drille yishimiye kugaruka mu Rwanda avuga ko ahafata nko mu rugo(Amafoto)
Imyidagaduro

John Drille yishimiye kugaruka mu Rwanda avuga ko ahafata nko mu rugo(Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/24 at 8:04 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

John Drille uri mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Nigeria, nyuma yo kugera i Kigali ku nshuro ya kabiri yahishuye ko atazi byinshi ku Rwanda ari yo mpamvu akeneye kumenya byinshi ku mateka y’iki gihugu.

Uyu muhanzi utegerejwe mu gitaramo cya Friends Of Amstel kuri uyu wa 14 Kamena 2023 kuri BK Arena aganira n’itangazamakuru yavuze ko ubwo aheruka mu Rwanda yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, akaba yumva akeneye kongera kuhasura akamenya byimbitse amateka y’igihugu agiye gutaramiramo bwa kabiri.

Ati “Ubushize ubwo mperuka inaha twasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali nahigiye byinshi ariko ndumva nshaka kongera kuhasura nkarushaho kumenya byinshi ku mateka y’u Rwanda kuko nabonye hari byinshi nkeneye kuhamenya.”

Uyu muhanzi waraye mu mujyi wa Kigali agaruka ku muziki w ’u Rwanda yavuze ko atari kenshi awumva gusa hari uko awuzi.

“Si kenshi nkunda kuwumva gusa ubu mfite radiyo ndibuze kumva indirimbo nyinshi zo mu Rwanda ndetse ndebe ko nahura n’abahanzi ba hano. Ubushize ubwo mperuka inaha nahuye na bamwe mu bahanzi bagera kuri babiri muri make hari nabo twakoranye indirimbo zikiri muri studio.”U

  1. yu muhanzi yishimira uburyo abanyamuziki bo muri Afurika bari gukora cyane bituma ibendera ry’uyu mugabane rikomeza kuzamuka hirya no hino ku Isi.

Uyu munyamuziki yatangarije abanya-Kigali ko ubu asigaye atunganya umuziki (Producer) dore ko ari umwe mu bari gukora indirimbo z’abahanzi bagezweho muri iki gihe barimo Rema , Ayra Star n’abandi biciye muri Mavin Records ya Don Jazzy.

John Drille yahishuye ko indirimbo nka “Wait For Me” ari inkuru mpamo kuri we asaba abashaka kumenya byinshi kuri yo kuza mu gitaramo.

Yashimiye Amstel na RG Consult bamutumiye muri iki gitaramo i Kigali, azafatanya n’abarimo Ish Kevin, Bwiza ndetse na Ariel Wayz gususurutsa abanya-Kigali.

Kwinjira muri iki gitaramo bisaba kwishyura ibihumbi 10Frw ubundi ukayanywera wumva icyanga cya Amstel.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul June 24, 2023 June 24, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Producer Li John yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Ndagutinya

September 27, 2023
Andi makuru

Filipe Nyusi wa Mozambique yashimiye Kagame wegukanye intsinzi mu matora

July 17, 2024
Imyidagaduro

Amateka ya Bob Marley umaze imyaka 43 apfuye ariko akaba agikunzwe na benshi

May 11, 2024
Iyobokamana

Josh Ishimwe yahishuye ko umuhamagaro we umwemerera gusubiramo indirimbo ntacyo agendeyeho

October 6, 2023
Andi makuru

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yongeye guhurira na mugenzi we wa Rdc i Luanda muri Angola

August 21, 2024
KwamamazaUbukungu

Abagore bitabiriye ibirori bya El Classico Women Day bishimiye serivise bahawe

March 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?