SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Tyga na Avril Lavigne batandukanye nyuma y’amezi ane mu munyenga w’urukundo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Tyga na Avril Lavigne batandukanye nyuma y’amezi ane mu munyenga w’urukundo
Imyidagaduro

Tyga na Avril Lavigne batandukanye nyuma y’amezi ane mu munyenga w’urukundo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/21 at 11:26 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Tyga na Avril Lavigne bashyize akadomo ku rugendo rwabo rw’urukundo, bari bamazemo amezi ane gusa.

 

Amakuru ava mu nshuti za hafi avuga ko aba banyamuziki bamaze icyumweru batandukanye, ariko bahisemo kubigira ibanga biyemeza kubana nk’inshuti zisanzwe.

Urukundo rw’aba bombi rwatangiye kuvugwa muri Gashyantare 2023 ndetse babishimangira mu ruhame muri Werurwe, ubwo basomaniraga imbere y’imbaga yabitabiriye ibirori bya Paris Fashion Week.

Muri ibyo birori, Avril Lavigne w’imyaka 38 na Tyga w’imyaka 33 binjiye bafatanye agatoki ku kandi, akanyamuneza ari kose ku maso, bongorerana buri kanya aho bari bicaye.

Avril Lavigne wamamaye mu ndirimbo zirimo ’Complicated’ yatangiye gukundana n’umuraperi Tyga nyuma yo gutandukana na Derek Ryan Smith [Mod Sun] na we w’umuraperi, muri Gashyantare 2023. Bari bamaranye imyaka ibiri.

Avril Lavigne yashyingiranwe n’abago babiri b’abanyamuziki muri Canada barimo Chad Kroeger bamaranye imyaka ibiri kuva mu 2013 kugeza 2015, na Deryck Whibley bamaranye imyaka ine kuva mu 2006 kugeza 2009.

Tyga, umuraperi wazamukiye mu sosiyete ifasha abahanzi ya Young Money Entertainment na Cash Money Records mu 2008, yavuzwe mu rukundo na Avril Lavigne nyuma yo gutandukana na Camaryn Swanson, umunyamideli muri Walt Disney World bafitanye umwana w’umuhungu, King Cairo, w’imyaka umunani.

Uyu muraperi yakanyujijeho mu rukundo rw’igihe gito n’abakobwa batandukanye barimo Kylie Jenner, Blac Chyna, Iggy Azalea, Amina Blue, Bella Poarch na Jordan Craig.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul June 21, 2023 June 21, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

M23 ikomeje kotsa igitutu ingabo za FARDC mu bice bya Walikale

October 29, 2024
Imyidagaduro

RDB yashimiye abateguye igikorwa cya Trace Awards & Festival,

August 26, 2023
Andi makuru

Perezida Samia Suluhu yabitswe n’imbuga nkoranyambaga za X ya Polisi ya Tanzaniya

May 21, 2025
Imyidagaduro

Clapton Kibonge yashimiye umugore we n’inshuti ze zamubaye hafi mu burwayi bwe

May 26, 2024
Andi makuru

Perezida wa Guinée-Conakry, Gén Mamadi Doumbouya, yageze I Kigali

January 25, 2024
Imyidagaduro

Minisitiri Dr Utumatwishima Yasabye abakunzi ba muzika kumuherekeza mu gitaramo cya Yago Pon Dat

December 21, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?