SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Airtel Rwanda yatangije ikoranabuhaga rya e-SIM mu Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Ubukungu > Airtel Rwanda yatangije ikoranabuhaga rya e-SIM mu Rwanda
Ubukungu

Airtel Rwanda yatangije ikoranabuhaga rya e-SIM mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/19 at 10:32 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Sosiyete y’Itumanaho ya Airtel Rwanda, yamuritse Sim Card y’ikoranabuhanga izwi nka “eSIM” ifasha nyirayo kugira nimero zirenze imwe ndetse ikaba ishobora no kumufasha gukoresha imirongo yo mu bindi bihugu mu gihe yatembereye cyangwa yagiye muri business bidasabye kugura indi Sim Card yaho.

Ni SIM ishyirwaho amakuru asanzwe nkayari ku yashyirwaga muri telefoni ariko yo bigatandukanywa nuko idafatika ngo bisabe kuyishyira ahagenewe gushyira Sim Card ndetse ishobora gukusanyirizwaho nomero nyinshi, ikabaranakoresha  imiyoboro y’Itumanaho ryo mu bihugu bitandukanye bidasabye kugura indi.

Ni buryo bwa eSIM bwamuritswe ku mugaragaro ku wa 15 Kamena 2023, Airtel Rwanda iba sosiyete ya mbere y’itumanaho itangije iyi serivisi mu Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa Airtel Rwanda, Emmanuel Hamez, yavuze ko ari iby’agaciro kuba Airtel ariyo izanye bwa mbere  iri koranabuhanga mu Rwanda  , asaba Abanyarwanda gutangira kwimenyereza no gukoresha eSIM,kuko byoroshye kuyikoresha ndetse bikanakuraho impungenge zikunze kubaho mu gihe habayeho kwibwa telefoni.

 

Akomeza avuga ko  buryo ndetse  buje no gukuraho imigogoro yo kugendana telefoni zirenze imwe kuko eSIM ifite ubushobozi bwo kubarurwaho nomero  nyinshi  ndetse n’uturutuse mu bindi bihugu  uyikoresha  atazakenera guhindura Sim Card  nk’uko byari bisanzwe  ko ahubwo  akigera mu Rwanda azahita  atangira gukoresha   umuyobora wa Airtel   ako kanya.

Si ibyo gusa ngo eSIM ni inshuti y’ibidukikije  bitewe n’uburyo ikozemo cyane ko iryo koranabuhanga ridakenera Simukadi zifatika ku buryo bisabwa ko zikatwa ngo zishyirwe muri telefoni bityo bikazagabanye Pulasitiki zakurwagamo Sim Car zisanzwe.

Iyo ushaka kureba ko telefoni utunze ishobora kuyikoresha ukanda *#06# wasanga bikorana ukagana ishami rya Airtel Rwanda rikwegereye ugafashwa kubona iyo serivisi.

uyu muyobozi yakomeje avuga ko mu  gutanga iyi serivisi hakurikizwa amabwiriza yashyizweho n’Ikigo ngenzuramikorere RURA mu kubungabunga no kurinda amakuru y’umukiriya abikwa ku muyoboro ngendanwa wa AIRTEL.

Serivisi za eSIM zitangirwa ku buntu   ku  mashami yose ya Airtel mu gihugu ku buryo umuntu ajyana Sim Card yari afite , agahabwa iyi nshya.

You Might Also Like

Kaizen Hotel yashyize igorora abakiliya bayo ba siporo na sauna Massage

Iduka Sea2City ryongeye kudabagiza abatunze inyamaswa zibana n’abantu ku bikoresho byazo

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peterol byongeye gutumbagira

Marchal Real Estate Developers yashyize igorora abakundana ku munsi wa St Valentin

Tic Tac Restaurant & Lounge yahembwe nka Fast Food nziza y’umwaka muri SEA 2024

Nsanzabera Jean Paul June 19, 2023 June 19, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Josh Ishimwe yahishuye ko umuhamagaro we umwemerera gusubiramo indirimbo ntacyo agendeyeho

October 6, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzi Javanix yashyize hanze indirimbo yise Abachou ijambo rikunzwe cya ku mbuga nkoranyambaga

February 9, 2023
Andi makuru

Gen Kazura yahererekanyije ububasha na Lt Gen Mubarakh Muganga

June 6, 2023
Andi makuru

James umurinzi wa Alliah cool yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Odette

September 27, 2024
Andi makuru

#Kwibuka30 : Inshuti z’U Rwanda kw’isi hose zacanye urumuri rw’icyizere (Amafoto)

April 8, 2024
Ubuzima

Abagore bo mu Rwanda Bashyizwe igorora na ABN nyuma yo kubazanira ibikoresha bigabanya ububabare mu gihe cy’Imihango

December 2, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?