SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Shaddy Boo yabyinishije kidumu ku rubyiniro aravugishwa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Shaddy Boo yabyinishije kidumu ku rubyiniro aravugishwa
Imyidagaduro

Shaddy Boo yabyinishije kidumu ku rubyiniro aravugishwa

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/08 at 11:45 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Kidum iyo aza kuba atarakiriye agakiza, birashoboka ko ibintu biba byahinduye isura hagati ye na Shaddyboo rugahana inkoyoyo. Ni nyuma y’uko Shaddyboo amusanze ku rubyiniro i Bruxelles akamubyinisha mu buryo bumushyira mu ntege nke.

Kidum yabivugiye mu gitaramo yakoreye i Bruxelles mu Bubiligi ubwo yari ku rubyiniro ku wa 6 Gicurasi 2023, aho nyuma yo kuzongwa na Shaddyboo wamubyinishaga amusiga umubiri, yasabye ko umuziki uhagarara arangije afata ijambo ati “Erega Shaddyboo yibagiwe ko ndi padiri mukuru!”.

Yakomeje agira ati “Urazi Shaddyboo, cyera ntarakizwa narebaga igihimba cy’umubiri (ari gukora ku kibuno) nkacyitegereza, laba shaka shata, narakigetegerezaga ngafatwa n’ibintu […] ariko ubu ndabibona byose ni ibisanzwe.”

Ni amagambo yakurikizwaga induru nyinshi y’abakunzi b’umuziki babaga bari kunyurwa n’urwenya uyu muhanzi yabateraga.

Kidum ni umwe mu bahanga mu muziki ariko bihariye gutaramira abakunzi babo banabaganiriza, ku buryo uretse kuryoherwa n’umuziki mwiza aba aha abakunzi be, abagiye mu gitaramo cye banatahana akanyamuneza kubera ukuntu anyuzamo akabatera urwenya.

Iki gitaramo cyabereye mu cyumba giherutse kwakira igitaramo cyahuje Christopher na Riderman mu Bubiligi.

Shaddyboo umaze iminsi ku mugabane w’u Burayi yari yatumiwe mu gitaramo kimwe na Kidum cyabereye ahitwa ‘Blu Bruxelles’ ku wa 6 Gicurasi 2023.

Uyu mugore yari yiyambajwe mu rwego rwo kureshya Abanyarwanda n’Abarundi bamukunda muri iki gitaramo.

Shaddyboo yaherukaga kandi kwiyambazwa mu gitaramo cyabereye mu Bubiligi mu Ugushyingo 2022, icyakora ntabwo yahatinze kuko nyuma y’igitaramo yahuriyemo na Mike Kayihura na DJ Pius.

Nyuma y’igihe gito, muri Werurwe 2023, Shaddyboo yaje gusubira i Burayi ari naho akibarizwa kugeza ubwo yiyambajwe mu gitaramo yahuriyemo na Kidum.

 

https://www.instagram.com/reel/Cr7-QQIggTC/?utm_source=ig_web_copy_link

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul May 8, 2023 May 8, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Nyuma y’imikino 8 itabona intsinzi, ikipe ya As Kigali yatsinze Rayon Sports

December 10, 2023
Andi makuru

Canada:Justin Trudeau wari Minisitiri w’intebe yeguye ku mirimo ye

January 6, 2025
Imyidagaduro

Ibyishimo bya Dady de Maximo nyuma yo kwakirwa na Papa Francis

June 30, 2024
ImikinoImyidagaduro

Bebe Cool yahishuye ko ashora menshi kuri Ssalli nk’ubucuruzi atari uko ari umuhugu we

July 18, 2024
Imikino

Amagare: Akagera Rhino Race iratangira kuri uyu wa 26 Ukuboza 2023!

December 25, 2023
Utuntu n'utundi

Alexei Navalny utavugaga rumwe na leta y’uburusiya yaguye muri Gereza

February 16, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?