SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Israel Mbonyi yateguye igitaramo azafatiramo amashusho ya albumu ye nshya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Israel Mbonyi yateguye igitaramo azafatiramo amashusho ya albumu ye nshya
Imyidagaduro

Israel Mbonyi yateguye igitaramo azafatiramo amashusho ya albumu ye nshya

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/04 at 9:10 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Israel Mbonyi yashyize hanze ubutumire bw’abantu igihumbi bifuza kuzitabira igitaramo agiye gufatiramo amajwi n’amashusho y’indirimbo zigize album ye nshya ateganya kumurika mu minsi iri imbere.

Iki gitaramo kizabera mu Intare Arena i Rusororo ho mu Mujyi wa Kigali ku wa 19 Gicurasi 2023.

Israel Mbonyi, yavuze ko iki gitekerezo cyaturutse ku kuba amaze igihe akora album ze mu buryo bwa live agatumira inshuti ze gusa ariko akaza kwisanga hari abakunzi be bifuzaga kwitabira batabashije kubimenya.

Ati “Inshuro nyinshi nakoraga ibitaramo nk’ibi ngatumira inshuti zanjye ariko nkaza kubona abandi bambwira ko bifuje kubana nanjye ariko ntibabashe kubimenya. Ni yo mpamvu natekereje gutumira abantu byibuza igihumbi twazabana muri iki gikorwa.”

Abazitabira iki gikorwa bazaba babaye aba mbere bagize amahirwe yo kumva kuri album nshya ya Israel Mbonyi cyane ko indirimbo zose ziyigize azazifatira amajwi n’amashusho imbonankubone muri iki gitaramo.

Nta giciro cyatangajwe ku bantu bazitabira iki gitaramo ariko Mbonyi yasobanuye ko hari uburyo bizamenyekanishwa.

Yagize ati “Ni yo mpamvu nta giciro twatangaje, abifuza kubana natwe bashyiriweho umurongo wa telefone bazajya bahamagara, babwirwe ibisabwa hanyuma nyuma yo gusobanurirwa ashyikirizwe ubutumire bwe.”

Nta byinshi Israel Mbonyi yifuje kuvuga kuri iyi album agiye gukora cyane ko ahamya ko ari agaseke gapfundikiye ndetse abazitabira igitaramo bazabarira inkuru abatazahagera.

Israel Mbonyi yaherukaga kumurika album ye nshya kuri Noheli y’umwaka ushize aho yanditse amateka yo kuzuza BK Arena, aha yamuritse album ebyiri “Mbwira” na “Icyambu”.

Mu 2014, Israel Mbonyi yasohoye album ye ya mbere yise ’Number one’, yamurikiye mu gitaramo yakoreye muri Kigali Serena Hotel mu 2015. Iya kabiri yise ’Intashyo’ yamuritswe mu gitaramo yakoreye muri Camp Kigali mu 2017.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul May 4, 2023 May 4, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Kazarwa Gertrude na Mussa Fazil batorewe kuyobora umutwe w’abadepite

August 14, 2024
Imyidagaduro

Star Boy wamenyekanye mu kwambika ibyamamare agiye kurushinga n’umukunzi we Fanny

February 28, 2023
Imikino

Lions de Fer yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Jade Water

February 17, 2025
Andi makuru

Dr Kanimba Vincent uzwi cyane mu kubyaza ababyeyi arasaba ubufasha bwo kujya kwivuza

April 19, 2023
Andi makuru

Bimwe mu bihugu bitandukanye kw’isi bamaze kwinjira mu mwaka wa 2025 mu byishimo

December 31, 2024
Andi makuru

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye gukoresha Drone gucunga umutekano wo mu muhanda

January 4, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?