SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda rwaburiye Congo na Loni ku gukomeza gukerensa FDLR
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > U Rwanda rwaburiye Congo na Loni ku gukomeza gukerensa FDLR
Imikino

U Rwanda rwaburiye Congo na Loni ku gukomeza gukerensa FDLR

Ahupa Radio
Last updated: 2022/10/01 at 8:14 AM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Amb. Gatete yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu mu ijambo yagejeje ku Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, nyuma yo guhabwa raporo ku bikorwa by’Ingabo ziri mu Butumwa bwa Loni mu Burasirazuba bwa Congo (MONUSCO).

Yavuze ko kimwe mu bikomeje guteza umutekano muke muri Congo no mu karere, harimo FDLR n’indi mitwe iwushamikiyeho.

Ambasaderi Gatete yongeyeho ko igiteye inkeke ari uburyo igisirikare cya Congo cyakabaye kiza ku isonga mu kuyirwanya, ahubwo gifatanya na FDLR.

Ati “Biba bibi kumva ko FARDC n’iyo mitwe iyishamikiyeho bikorana na FARDC. Ibintu nk’ibyo biha urwaho iyo mitwe ikongera kwisuganya, ikinjiza abarwanyi bashya ndetse igatangira kugaba ibitero byambuka imipaka. FARDC ikwiriye guhagarika ubufatanye n’imitwe yitwaje intwaro kandi yafatiwe ibihano nka FDLR.”

Yavuze ko FDLR idakwiriye gufatwa nk’umutwe woroheje mu gihe hari ibihamya by’ibitero wagiye ugaba ku Rwanda vuba aha bikangiza byinshi.

Yatanze urugero rw’ibitero bitatu imaze kugaba muri uyu mwaka, ku bufasha bw’igisirikare cya Congo, FARDC.

Ati “Kuba FDLR iri muri RDC ntabwo ari ibintu bikwiriye gufatwa mu buryo bworoheje. Ntabwo umutwe ushingiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside ukwiriye kureberwa ku mubare w’abawugize. Uko FDLR yaba ingana kose, umutwe wose ushobora kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda, ukangiza, ukica abaturage, ukiba uba werekana ko ugifite imbaraga zo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ushingiye kuri ibi bitero, FDLR n’imitwe iyishamikiyeho bigaragara neza ko ari ikibazo gikomeye ku mutekano w’u Rwanda, ushaka kwerekana ko atari ko ko biri ni ukwigiza nkana.”

You Might Also Like

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

APR BBC yongeye itsindirwa mu maso ya Perezida Kagame na MBB South Africa 98-88

Ahupa Radio October 1, 2022 January 16, 2019
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Itorero Ishyaka ry’Intore ryijeje abazitabira igitaramo Indirirarugamba ko bazataha banyuzwe

January 22, 2025
Imikino

Peace Cup: Rayon Sports yanyagiye Interforce

January 17, 2024
Ikoranabuhanga

Skol na Orion BBC biyemeje gutera ibiti 6000 mu bukangurambaga bwa OneShootOneTree

January 11, 2024
Andi makuru

Donald Trump yategetse ko abo mu muryango wa Joe Biden bakwa abarinzi

March 18, 2025
Imikino

Rayon Sports : Musa Esenu yatandukanye na Rayon Sports !

January 5, 2024
Andi makuru

Abagize itsinda rya Kigali Boss Babes bahishuriye abakiri bato ko bagomba gukora cyane kugira bagere kubyo bifuza

December 28, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?