SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Maurix Baru yahembuye benshi mu gitaramo cya 2 Cy’injyana ya Afro Opera (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Maurix Baru yahembuye benshi mu gitaramo cya 2 Cy’injyana ya Afro Opera (Amafoto)
Imyidagaduro

Maurix Baru yahembuye benshi mu gitaramo cya 2 Cy’injyana ya Afro Opera (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/17 at 5:38 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mbarushimana Maurice Jean Paul wamenyekanye nka Maurix Music[Maurix Baru] wanakoze indirimbo zitandukanye zakunzwe mu myaka yashize, ariko ubu akaba yarihebeye injyana ya ‘Afro-Opera’ yakoze igitaramo cye cya mbere cyagutse yacurangiyemo abakunzi b’iyi njyana; anatumiramo Bisangwa Nganji Benjamin wamamaye Nka Ben Nganji.

Ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Kanama 2023. Cyitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye biganjemo ab’uruhu rwera ndetse n’abanyarwanda biganjemo abo muri Kiliziya Gatolika.

Maurix Baru yaririmbye indirimbo ze ziri muri iyi njyana zirimo iyo yise “Isi Iradukeneye’’, “Ngabira”, “Inzira”, “Give Me Your Hand” n’izindi nyinshi zashimishije benshi.

Iki gitaramo cyayobowe n’abarimo Mutesi Scovia umaze kubaka izina mu itangazamakuru.

Ben Nganji wari utegerejwe yashimishije benshi kubera kungikanya amagambo ibintu asanzwe azwiho cyane bizwi nk’inkirigito.

yavuze ko yagize igitekerezo cyacyo, nyuma y’icyo yakoze muri Kamena 2023 ariko abantu bitabiriye akaba ari abo yari yahaye ubutumire gusa.

Nyuma yicyo gitaramo yadutangarije ko iki gitaramo yakoze, cyashimishije benshi bari bitabiriye bakamusaba ko yakora noneho ikindi kiri ahantu hagutse, ku buryo kwinjira noneho byaba ari ukwishyura.

Ati “Abantu bitabiriye igitaramo mperuka gukora nibo batumye ntegura iki. Bashakaga ko nkora igitaramo kigari kwinjira abantu bakishyura.’’

Maurix Baru yamenyekanye cyane kuri studio ye yitwaga “Maurix music studio”, yafashije benshi mu bahanzi mu myaka yo hambere ubwo uyu musore yari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare.

Maurix Music Studio yatangije yakorewemo indirimbo nyinshi zakunzwe zirimo iza The Ben, Tom Close, Riderman n’abandi.

Nyuma yo kurangiza amashuri, Maurix yimuriye studio ye mu Mujyi wa Kigali ayikura i Huye.

Mu 2017 nibwo yabonye amahirwe yo kujya mu Buholandi kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza.

Nyuma yo kurangiza amasomo akanabonayo akazi, ntabwo byamworoheye ko ahita agaruka mu Rwanda ngo akomerezeho iby’umuziki.

Mu 2020 ni bwo Maurix yabonye akazi kamusaba kugaruka mu Rwanda bituma ahita anatekereza uburyo yasubukura ibijyanye n’umuziki ariko yibanda ku muziki wa Opera utamenyerewe mu Rwanda.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul August 17, 2023 August 12, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Col (Rtd) Richard Karasira yakuwe ku mwana wa Perezida wa APR Fc

November 7, 2024
Andi makuru

Dr Murangira yanenze Umudj wagiye gucurangira muri Uganda mu gihe cyo kwibuka

April 15, 2025
Imyidagaduro

Doctall Kingslay yongeye kwerekana ko amaze kwigarurira imitima ya Banyarwanda mu Iwacu Summer Comedy Festival’

June 10, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yasangije abanyamerika ubuzima abanyarwanda babayemo mu nkambi

February 2, 2024
Andi makuru

FPR Inkotanyi ni umuryango w’abanyarwanda si Ishyaka Gasamagera Wellars

June 4, 2024
Andi makuru

Maj Gen Nyakarundi yagiranye ibiganiro n’Ingabo z’u Rwanza ziri muri Minusca

August 5, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?