Bien-Aimé Baraza uri kubarizwa mu Mujyi wa Kigali aho yitabiriye Igitaramo “Marnaud Music Therapy”ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Nyakanga 2023 yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru.
Icyo kiganiro yabereye mu Ubumwe Hotel cyitabiriwe na Bien-Aimé na Dj Marnaud ndetse na abaterankunga b’igitaramo cya Marnaud Music Therapy.
Umuhanzi Bien Aime wayobotse inzira yo kwikorana nk’umuhanzi ku giti cye yavuze ko yishimiye ko yongeye kugaruka mu Rwanda kandi akaba yiteguye gutanga ibyishimo mu gitaramo yatumiwemo n’umuvangamuziki umaze kubaka izina mu Rwanda Dj Marnaud.
Ati “Ndishimye cyane kongera kugaruka mu Rwanda by’umwihariko naratangiye kwikorana, abakunzi banjye bankundaga muri Sauti Sol n’ubundi ndabizi ko ntaho bagiye, rero ndabifuza ko muzaza tugatarama.”
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yarihamirije ko yatangiye urugendo rwo kwikorana nk’umuhanzi ku giti cye atakiri mu itsinda rya Sauti Sol.
Uyu mugabo ukunzwe mu ndirimbo yitwa ‘No body’ yakoranye n’umuraperi Darassa wo muri Tanzania yavuze ko ari ibintu bitoroshye ariko yizera ko bizagenda neza.
Ati “Nibyo natangiye inzira yo kwikorana nk’umuhanzi ku giti cye ariko biragoye kuko nk’izina twari dufite nk’itsinda kurigira biragoye ariko buhoro buhoro njyewe n’umugore wanjye usanzwe ari n’umujyanama wanjye bizagenda neza, ndiyizeye kandi siniteze kureka umuziki.”
Bien Aime waherukaga mu Rwanda mu mwaka ushize mu gitaramo cyo kwita Izina cyabereye muri Bk Arena yahishuye ko hari n’abahanzi Nyarwanda afitanye imishinga yo gukora imiziki n’abarimo nka Mike Kayihura bazanaririmbana mu gitaramo kimwe, Bruce Melodie n’abandi.
Muri iki gitaramo kandi byitezweko kizaririmbirwamo uburyo bw’umuziki w’umwimerere (Live),kizagaragaramo n’undi muhanzi ukunda kwibanda ku injyana gakondo ariwe Ruti Joel na Mike Kayihura.
Ku ruhande rwa Dj Marnaud usanzwe ari Brand Ambassador w’ikinyobwa cya Heineken ikaba n’umuterankunga mukuru w’igitaramo yavuze ko yiteguye gutanga ibyishimo mu bazitabira igitaramo cye barikumwe n’umuhanzi ukomeye ukomoka muri Kenya Bien Aime.
Dj Marnaud asanzwe ari Brand Ambassador w’ikinyobwa cya Heineken mu Rwanda.
Ikigo cya MTN Rwanda nacyo cyifuje gutanga umusanzu muri iki gitaramo kivuga ko impamvu nyamukuru yabateye gutera inkunga igitaramo cya Dj Marnaud ari uko babona ari ngombwa ku muntu nka Marnaud kubera ubuhanga bwe mukazi akora, ibi ariko uwari uhagarariye MTN Rwanda avuga ko banabihuza n’isabukuru y’imyaka 25 bamaze bashinje imizi mu Rwanda nk’Itumanaho rirambye kandi rikaba rukomeje gukataza mu gutanga serivise inoze.
Uretse abahanzi Bien Aime yakomojeho azi Kandi barimo n’abo batangiye gukora imwe mu mishinga y’indirimbo, abandi bahanzi azi yakomojeho harimo Meddy, The Ben, Kivumbi, itsinda rya Charyl&Nina ndetse n’abacura injyana (Producers).
Kwinjira muri iki gitaramo usabwa kugura itike y’amafaranga ibihumbi 10 Frw, ahasanzwe, naho VIP bikaba ibihumbi 20 Frw, na VVIP ihagaze ibihumbi 50 Frw.