SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ingabo za SADC zigiye kwinjira mu ntambara ya DRC na M23
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Ingabo za SADC zigiye kwinjira mu ntambara ya DRC na M23
Andi makuru

Ingabo za SADC zigiye kwinjira mu ntambara ya DRC na M23

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/09 at 12:09 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mu nama y’Abakuru b’Ibihugu yateranye ku wa Mbere, hanzuwe ko umuryango wa Africa y’Amajyepfo, SADC na wo wohereza ingabo muri Congo “kujya guhangana n’umutwe wa M23”.

Iyi nama yabereye i WINDHOEK, muri Namibia yanitabiriwe na Perezida Antoine Felix Tshisekedi, ikaba yigaga ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo.

Icyemezo cyo kohereza ingabo za SADC muri Congo, cyemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo Kinshasa, Christophe Lutundula.

Yavuze ko ari icyemezo gikomeye kandi kizahindura ibintu, nk’uko ibihugu bigize uriya muryango byabyiyemeje.

Ati “Ndatekereza ko byinshi bikubiye mu itangazo rya nyuma ry’inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize SADC. Inama yemeje kohereza ingabo za SADC mu rwego rw’ingabo zizafasha Congo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba.”

Christophe Lutundula yavuze ko SADC yiyemeje gukoresha ingufu za gisirikare bityo ikazakomeza kohereza ingabo zayo.

Umuryango wa SADC wasabye Congo gutegura uburyo bwose bwafasha guhuriza hamwe ingabo ziriyo kugira ngo zibashe gutanga umusaruro kandi mu buryo bushyize hamwe.

Congo irimo ingabo z’ibihugu nk’u Burundi, Kenya, Uganda na Sudan y’Epfo zigize iz’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, izi zikaba zarasanzeyo iza UN ziri mu butumwa bw’amahoro bumaze imyaka irenga 20 zizwi nka MONUSCO.

Zose ntabwo zirabasha kurangiza ikibazo benshi bahanze amaso iherezo ryacyo, ari cyo umutekano muke uterwa n’inyeshyamba z’Abanye-Congo n’izikomoka mu bihugu bituranye na yo zose zihuriye ku mugambi umwe, wo kwica abaturage, gusahura Congo no gufata abagore ku ngufu.

 

You Might Also Like

Cardinal Robert ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatorewe kuba Papa Mushya afata izina rya Leon XIV

U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’isosiyete E7 yo muri UAE

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

Eddie Mutwe ushinzwe umutekano wa Bobi Wine yagejejwe mu rukiko ashijwa ubujura

Perezida Kagame yakiriye abayobozi ba ICRC

Nsanzabera Jean Paul May 9, 2023 May 9, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umunyamideli Judith Heard yagiriye inama Abakobwa bakiri batoya

November 28, 2023
Andi makuruImyidagaduro

Eric Senderi yataramiye abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu murenge wa Karangazi (Amafoto)

June 25, 2024
Andi makuru

Munyakazi Sadati yatorewe kuyobora Komisiyo y’Ubukungu muri Komite Nyobozi y’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Gasabo

January 20, 2025
Andi makuruImyidagaduro

Andy Bumuntu yatumiwe mu gitaramo cya ‘Afro Fusion Cuisine’ muri Kenya

September 19, 2023
Imyidagaduro

Producer Li John  Aritegura gushyirira hanze alubumu 4 icyarimwe

June 14, 2023
Andi makuru

Perezida Cyril Ramaphosa na Museveni baganiriye ku kibazo cyo muri RDC

April 16, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?