SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuhanzi Costa Titch yaguye ku rubyiniro ahita yitaba Imana
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umuhanzi Costa Titch yaguye ku rubyiniro ahita yitaba Imana
Imyidagaduro

Umuhanzi Costa Titch yaguye ku rubyiniro ahita yitaba Imana

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/03/13 at 9:17 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi Costa Titch ukomoka muri Afurika y’Epfo yitabye Imana, nyuma yo kugwa ku rubyiniro mu gitaramo yaririmbagamo i Johanesburg.

Amashusho yashyizwe hanze agaragaza Costa Titch ari kuririmba yizihiwe, akikubita hasi. Mu gihe bamweguraga yakomeje kuririmba, nyuma y’amasegonda make noneho ahanuka ku rubyiniro.

Nyuma y’iminota mike aguye, uyu musore byaje kwemezwa ko yashizemo umwuka.

Costa Titch wari ufite imyaka 27 y’amavuko yari amaze kuba umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika ndetse amaze kuzamura injyana ya mapiano.

Yatangiye umuziki ari umubyinnyi, nyuma aza guhindura yinjira mu kuririmba. Yatangiye kumenyekana mu 2017 ubwo yashyiraga hanze indirimbo yise ‘Activate’ ya Hip Hop, cyane ko ariyo njyana yatangiye aririmba.

Yaherukaga mu Rwanda mu 2022 ubwo yari yatumiwe mu gitaramo cya Kivu Fest, icyakora anabanza kuririmba mu cyateguwe na DJ Marnaud yari yise ‘Marnaud Music Therapy’.

Yamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Nkalakatha Remix’ yakoranye na Riky Rick uheruka kwitaba Imana na AKA ndetse ubu agezweho muri ‘Big Flexa’ yakoranye na C’buda M, Alfa Kat, Banaba Des, Sdida na Man T iri mu ‘Amapiano’. Iyi ni nayo yazamuye igikundiro cye cyane muri Afurika yose cyane ko imaze kurebwa na miliyoni 11 kuri Youtube.

Hari kandi iyitwa ‘Champuru Makhenzo’ nayo yo mu Amapiano yakoranye na MA GANG, Phantom Steeze, ManT, Sdida na C’BUDA M, ‘Nomakanjani’, ‘Monate C’ yakoranye na AKA n’izindi.

Mu minsi ye ya nyuma, Costa Titch yakoze izindi ndirimbo zamamaye nka Super star yakoranye na Diamond ndetse na Big Flexa yari aherutse gusubiranamo n’abarimo Akon.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul March 13, 2023 March 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Abanyarwanda baba muri Sudan mu bahungishijwe n’ingabo z’Ubufaransa

April 25, 2023
Imyidagaduro

Nyiramana wamenyekanye muri Filime ‘Seburikoko’ yitabye Imana

September 2, 2023
Andi makuru

Papa Francis yavuze ku bibazo biri kubera muri RDC

January 30, 2025
Andi makuru

Perezida Pierre Buyoya yashyinguwe mu gihugu cye nkuko yari yarabyifuje

July 18, 2024
Imikino

Neymar yarwaniye mu kabyiniro muri Brazil

July 6, 2023
Imikino

Perezida wa Sunrise Fc yatawe muri yombi

December 6, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?