SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umunyarwenya Ben Nganji yibarutse ubuheture
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umunyarwenya Ben Nganji yibarutse ubuheture
Andi makuruImyidagaduro

Umunyarwenya Ben Nganji yibarutse ubuheture

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: February 6, 2023
Share
SHARE

Umunyarwenya akaba n’umuhanzi ubimazemo igihe, Bisangwa Nganji Benjamin uzwi nka Ben Nganji, ari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko umugore we Ufitenema Yvette amubyariye umwana wa Gatatu (Ubuheture).

Uyu mwana w’umukobwa yavutse kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gashyantare 2023, avukira mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal.

Ben Nganji usanzwe ari umunyamakuru wa KT Radio, yabwiye InyaRwanda ko uyu mwana ari umugisha wiyongera mu yindi, kuko yavutse ku isabukuru y’imyaka irindwi ishize arushinze.
We n’umufasha we barushinze tariki 6 Gashyantare 2016. Aragira ati “Bihurirana n’uyu munsi (Ivuka ry’uyu mwana) twujuje imyaka 7 dushinze urugo. Twungutse undi mutaramyi.”

Akomeza ati “Imana yampaye ibyo nayisabye n’ibyo abankunda banyifurije njya gushinga urugo. Reka ndere abo ngabo.”

Umugore wa Ben Nganji asanzwe ari umukinnyi w’ikinamico; abamuzi bamwibuka mu iyitwa ‘Nyiramubande’ yacaga ku Ijwi ry’Amerika ndetse n’izindi zitandukanye yagiye akinamo akiri ku ntebe y’ishuri mu mashuri yisumbuye.

Ben Nganji asanzwe ari n’umuhanzi mu njyana ya Reggae. Muri iki gihe, ari gukora filime z’urwenya zitari zimenyerewe mu Rwanda ziri mu ishusho imeze nk’iya filime z’umunyarwenya Chaplin Chaplin na Keaton.

Izi filime z’urwenya ari gukora zitandukanye n’izimenyerewe, aho benshi mu bazikora bibanda ku magambo, mu gihe Ben Nganji we zibanda ku bikorwa kurusha amagambo.

Filime ya mbere y’urwenya Ben Nganji yasohoye yitwa ‘Gatumwa’ akurikizaho iyitwa ‘Amadorali 100’ zose ziri kuri shene ye ya Youtube yitwa Ben Nganji Inkirigito.

Ni filime abantu bakunze cyane kugeza ubwo hari abamusabye ko yajya asohora igice kimwe buri imwe mu cyumweru.

Ben Nganji ni umunyarwenya ubifatanya n’umuziki, yamenyekanye cyane mu ndirimbo “Mbonye Umusaza” yacuranzwe henshi, yaririmbye kandi indirimbo nka “Nsazanye inzara”, “Habe n’Akabizu’, “Mon Garçon” n’izindi nyinshi. Ubwamamare bwazamuye n’inkirigito yanyuze benshi.

Ni umwana wa Gatatu uyu muryango wungutse. Abahungu babiri n’inkumi. Ben Nganji avuga ko Imana yamuhaye ibyo yasabye, kandi ni na byo abamukunda bamusabiraga.

Jose Chameleone na Murumuna we bunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishinguye mu Rwibutso rwa Gisozi
Anita Pendo yakiriwe na Ambasaderi Rosemary Mbabazi muri Ghana
Big Fizzo ashobora kutitabira igitaramo cya Platini P
Yverry ukubutse muri Canada yakiriwe n’umujyanama we Gauchi n’umudamu we
Yemi Alade yahaye gasopo umufana wamugereranyije na Tiwa Savage,
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Slotum Casino Bonus Code

February 25, 2025

Star Residences Gold Coast

May 28, 2024

Ifortuna Casino 100 Free Spins Bonus 2024

May 28, 2024

What Are The Best Online Bitcoin Casinos In Ireland For 2023

June 21, 2019

What Are The Minimum Wagering Requirements For Online Pokies In Australia

September 5, 2023

E-Casino Laws In Ie

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?