SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Kenya: Perezida Ruto ashyigikiye ibikorwa bya polisi mu guhagarika imyigaragambyo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Kenya: Perezida Ruto ashyigikiye ibikorwa bya polisi mu guhagarika imyigaragambyo
Andi makuru

Kenya: Perezida Ruto ashyigikiye ibikorwa bya polisi mu guhagarika imyigaragambyo

Ahupa Radio
Ahupa Radio
Published: July 10, 2025
Share
SHARE

Muri Kenya imyigaragambyo ikaze imaze gutwara ubuzima bw’ abantu benshi, Perezida Ruto akomeza gukoresha imbaraga

Guhera ku wa 25 Kamena, igihugu cya Kenya kirimo kubuzwa amahwemo n’imyigaragambyo ikaze irwanya ubutegetsi. Iyo myigaragambyo yatewe n’urupfu rw’ umusore  wakoreshaga  imbuga nkoranyambaga wari uzwi mu bikorwa bya politiki wapfiriye muri kasho ya Polisi , byahise bitera imvururu zikomeye hirya no hino mu gihugu.

Mu gihe cy’ibyumweru bibiri gusa, benshi barishwe: nibura abantu 50 bamaze kwicwa naho abandi barenga 500 batawe muri yombi, nk’uko bitangazwa n’amakuru yemewe.

Mu guhangana niryo  guhungabana  ry’umutekano ritewe  n’ urubyiruko rwa GEN z , Perezida William Ruto yahisemo gukoresha ingufu, avuga ko agiye “kugarura ituze” uko byagenda kose. Yagize ati:

“Iki gihugu ntikizasenywa n’agatsiko k’abantu batihangana bashaka guhindura ubutegetsi binyuranyije n’Itegeko Nshinga. Ibyo ntibizaba.”

Umunsi imyigaragambyo yageze ku rwego ruhanitse ni kuwa 7 Nyakanga, umunsi wa Saba Saba, usanzwe wizihizwa nk’urwibutso rw’imvururu za demokarasi zo mu 1990. Kuri uwo munsi, igipolisi cyakoresheje imbaraga zirengeje, aho abantu 31 bishwe na 107 bakomereka, nk’uko byemejwe na Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (KNCHR).

Nubwo hari abantu benshi baguye muri izo mvururu, Perezida Ruto ntiyahinduye imvugo, ahubwo yagumye gushinja bamwe mu banyapolitiki ko bahimbira ku burakari bw’abaturage kugira ngo bagere ku nyungu zabo bwite. Yasabye inzego z’umutekano gukomeza kuba ahakomeye mu kurengera umutekano w’igihugu.

Mu ijambo rikomeye ryuzuye umujinya n’uburakari, Ruto yagize ati:

“Nimunyite uko mushaka, ariko nzaharanira amahoro n’umutekano wa Kenya, uko byagenda kose. Kwangiza ibintu bizahagarara. Umuturage akora imyaka myinshi, hanyuma umunyapolitiki ashireho umuntu utagira ubwenge ngo ategure imyigaragambyo yo gusenya ibyo twubatse… Iyo se ni politiki? Ni iyihe politiki?”

Ariko kandi, amagambo ye yakajije ibintu mu gihe amahanga n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yamaganaga ihohoterwa ryagaragaye mu guhangana n’abigaragambya.

Umuryango w’Abibumbye (ONU) hamwe n’amashyirahamwe ya sosiyete sivile barasaba ko uburenganzira bw’ibanze bwubahirizwa.

Kugeza ubu, abapolisi batanu bamaze gutabwa muri yombi bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’abaturage, abandi nabo baracyakurikiranwa mu iperereza rikomeje.

Ibibazo by’ubukungu, ubushomeri mu rubyiruko, ruswa n’imibereho mibi ni byo biri inyuma y’iyi myivumbagatanyo. Aho abaturage benshi bavuga ko bamaze kurambirwa ubuyobozi budatanga ibisubizo.

Nubwo Perezida Ruto yihagararaho ngo yerekane ko yagariura ituze”, amagambo akomeye n’ingamba zikaze birushaho gukaza umurego w’abaturage, aho kubatuza. Iminsi iri imbere izaba ingenzi cyane mu mateka y’iki gihugu, dore ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko bazakomeza imyigaragambyo kugeza bibaye ngombwa.

Donald Trump yahamijwe icyaha cyo gufata ingufu Umunyamakurukazi E. Jean Carroll.
Ikigo Orpcare Nursery & Primary School cy’I Kayonza cyishimiye ibihembo cyegukanye mu marushanwa Kigali Public Library (Amafoto)
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DR Congo bahuriye i Doha
Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2
Nyuma y’imyaka ine Rwanda Day igiye kongera kubera muri Amerika
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Casino Match Deposit Bonus

May 28, 2024

Puerto Santa Maria Casino Login App Sign Up

May 28, 2024

Lowenplay Casino Review And Free Chips Bonus

May 28, 2024

New No Deposit Slots Australia

February 25, 2025

When Are Pokies Reopening In Qld

May 28, 2024

9s App Casino No Deposit Bonus Codes For Free Spins 2024

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?