SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: R Kelly yahishuye ko ubuzima bwe bugeramiwe muri Gereza afungiyemo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > R Kelly yahishuye ko ubuzima bwe bugeramiwe muri Gereza afungiyemo
Imyidagaduro

R Kelly yahishuye ko ubuzima bwe bugeramiwe muri Gereza afungiyemo

Gossip Kigali
Gossip Kigali Published June 11, 2025
Share
SHARE

Umuhanzi w’Umunyamerika R. Kelly yasabye urukiko ko yarekurwa byihuse nyuma yo gutangaza ko ubuzima bwe buri mu byago bikomeye muri gereza yo muri Leta ya North Carolina aho afungiwe.

Nk’uko byagaragajwe mu nyandiko z’urukiko zabonywe na TMZ, abunganira R. Kelly bavuga ko bafite ibimenyetso bigaragaza umugambi wo kumwica, uvugwamo bamwe mu bakozi ba gereza bafatanyije n’indi mfungwa iyoboye agatsiko k’aba-Aryan Brotherhood kitwa Mikeal Glenn Stine.

Stine, uvugwaho kuba arwaye indwara ikomeye kandi yamwica, yahaye urukiko ubuhamya avuga ko abayobozi ba gereza bamwemereye ko bazamufasha gutoroka no kumara iminsi ye ya nyuma hanze ya gereza, mu gihe yaba yishe R. Kelly. Stine avuga ko yaherukaga kugera hafi y’aho R. Kelly afungiwe mu kwezi kwa Werurwe agiye gushyira mu bikorwa uwo mugambi, ariko akaza kwisubiraho ahitamo kubibwira R. Kelly ubwe.

Abanyamategeko ba R. Kelly bavuga ko guhitamo kubivuga byashyize mu kaga ubuzima bwa Stine na R. Kelly, kuko ngo undi muntu wo mu gatsiko k’Aryan Brotherhood yahawe amabwiriza yo kubica bombi.

Ibi byose bibaye mu gihe R. Kelly akomeje no gusaba Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusubiramo urubanza rwe. Uyu muhanzi w’imyaka 57 yakatiwe gufungwa imyaka 30 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gufata ku ngufu no gucuruza abantu mu buryo bw’imibonano mpuzabitsina.

Kelly avuga ko ashaka gusubira hanze kugira ngo akomeze ibikorwa bye by’umuziki ariko cyane cyane ko ubuzima bwe buri mu byago bikomeye.

 

You Might Also Like

Fatakumavuta yakatiwe imyaka ibiri n’igice ababarirwa ibyo yarezwe na The Ben

Kety Blaisia wakuze yoza mu mutwe abandi yafunguye iye Salon de Coiffure

Nadia wo muri filime umuturanyi yahishuye ko akazi kubu Vixen atagakora nk’umwuga

Chris Eazzy ari mu gahinda gakomeye ko kubura mama we witabye Imana

Dr Murangira B Thierry yakebuye urubyiruko arusaba kwirinda gukora ibyaha ruziko ari imikino

Gossip Kigali June 11, 2025 June 11, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Col. Mike Mikombe yakatiwe gufungwa burundu azira kwica abantu 50 i Goma

October 3, 2023
Imikino

Umuraperi La Fouine arataramira abanyarwanda mu gusoza imikino y’igikombe cy’Afurika cy’Abagore I Kigali

July 30, 2023
Andi makuru

Minisiteri y’uburezi yahagaritse by’agateganyo gusura abanyeshuri bacumbikirwa

October 2, 2024
ImyidagaduroIyobokamana

Umuraperi Daddy Yankee yaretse umuziki usanzwe yiyegurira Imana

December 6, 2023
Utuntu n'utundi

Lagos : Abagabo bakekwaho icyaha cyo gukora inzoga zihenze cyane batawe muri yombi

June 10, 2024
Andi makuru

Abayobozi ba Congo bakomeje kuvuga ko icyemezo cya Tshisekedi cyo gutera u Rwanda kitashoboka

February 7, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?