SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa
Iyobokamana

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/05/08 at 9:23 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
French cardinal Jean-Marc Aveline (2ndR) attends a mass at St Peter's basilica in The Vatican, on April 30, 2025. (Photo by Tiziana FABI / AFP)
SHARE

Nyuma y’aho umunsi wa mbere w’itora urangiye hatabonetse Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika (Papa), kuri uyu wa 8 Gicurasi 2025, Aba-Cardinal basubiye muri Chapelle ya Sistine, kugira ngo bongere batore.

 

Ikimenyetso cy’uko nta Papa mushya waraye atowe cyagaragajwe n’umwotsi w’umukara wazamutse kuri Chapelle ya Sistine ku mugoroba wo ku wa 7 Gicurasi. Ubusanzwe, iyo Papa yabonetse, hazamuka umwotsi w’umweru.

Nk’uko byateganyijwe, mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Gicurasi, Aba-Cardinal babanje gufata ifunguro rya mu gitondo, bakomereza muri misa yo gusengera iri tora.

Saa yine n’igice z’igitondo, nibwo byari biteganyijwe ko batangira icyiciro cya mbere cy’itora, kirakurikirwa n’ikindi gitangira saa sita zuzuye. Mu gihe Papa yatorwa nyuma y’ibi byiciro, kuri Chapelle ya Sistine hazamuka umwotsi w’umweru.

Papa nadatorwa mu byiciro bibanza, uyu munsi haraba ibindi byiciro bibiri, birimo icya saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba ndetse n’icya saa moya zuzuye z’umugoroba.

Mu mbuga nini ya Bazilika ya Mutagatifu Petero, hazindukiye abakirisitu bategereje kumenya umusaruro uva mu matora ariko bigaragara ko muri iki gitondo bakiri bake. Uko bucya ni ko biyongera nk’uko byagenze ku wa 7 Gicurasi.

Umwotsi w’umweru nurara utazamutse kuri Shapelle ya Sistine, biraba bisobanuye ko itora rikomeza ku wa 9 Gicurasi ndetse byanashoboka ko ryagera ku wa 10 Gicurasi mu gihe umukandida umwe atabona amajwi 89 mu 133 y’abatora.

Papa mushya azasimbura Papa Francis witabye Imana tariki ya 21 Mata 2025, azize uburwayi.

You Might Also Like

Cardinal Antoine Kambanda yerekeje i Vatican

Menya uko Papa atorwa iyo uwari uriho apfuye cyangwa yeguye

Vatican yatangaje umunsi Papa Francis azashyingurirwaho

Chryso Ndasingwa yahembuye imitima ya benshi mu gitaramo Easter Experince’

Kiliziya Gatolika ikeneye Miliyari 4.2Frw yo kugura ubutaka buzajyaho imishinga 20

Nsanzabera Jean Paul May 8, 2025 May 8, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

Indege yarimo Visi Perezida wa Malawi Dr Saulos Klaus Chilima ikomeje kuburirwa irengero

June 10, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Umwami Mswati III

August 13, 2024
Imyidagaduro

Tonzi aritegura kumurika alubumu ye ya 10

January 8, 2025
Andi makuru

HUYE :Impanuka y’ikamyo ebyiri yangije byinshi

August 8, 2024
Imyidagaduro

Yverry ukubutse muri Canada yakiriwe n’umujyanama we Gauchi n’umudamu we

June 15, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka31: Umuvugizi wa RIB yasabye ibyamamare guhangana n’abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside

April 8, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?