Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano umunyapolitiki Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yarezwe ibyaha bitandatu birimo ubujura bukomeye no gukubita.
Ni nyuma y’iminsi mike Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yigamba ko yamufunze.
Umwunganizi mu mategeko wa Mutwe, yavuze ko umukiliya we yakorewe iyicarubozo.
Magellan Kazibwe yabwiye ikinyamakuru Daily Monitor ko yakubitishijwe “insinga z’amashanyarazi”.
Yunzemo ko Eddie Mutwe (ubusanzwe yitwa Edward Sebuufu) afite “ububabare bukomeye” ndetse ko yanakanzwe cyane “imyanya ye y’ibanga”.
Kazibwe yabwiye abanyamakuru ko Sebuufu yafatishijwe amashanyarazi ku mubiri (ibizwi nka ‘électrocution’) kandi ko itsinda ry’uyu munyamategeko riteganya kumujyana ku bitaro.
Ubwo Eddie Mutwe yajyanwaga mu rukiko rwo mu mujyi wa Masaka ku wa mbere, abashinzwe umutekano bagerageje kumukingiriza kugira ngo itangazamakuru ritamubona.
Icyakora amashusho yashyizwe hanze amwerekana yambaye ibirenge, ndetse atambuka bimugoye.
Mu cyumweru gishize, Gen Kainerugaba yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko yafunze Eddie Mutwe, ndetse anavuga ko yamwogoshe nyuma yo kumwigisha urunyankole.
Ifungwa rye ryabaye mu gihe Uganda yitegura amatora yo mu mwaka wa 2026. Museveni, umaze imyaka 39 ku butegetsi, yitezwe guhatana na Bobi Wine.
Impirimbanyi nyinshi z’uburenganzira bwa muntu zamaganye ifungwa rya Sebuufu, ndetse Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu muri Uganda yasabye ko arekurwa aka kanya.
Imiryango itegamiye kuri leta na yo yaburiye ko ifungwa rye riri mu gikorwa kiri kuri gahunda kigamije gucecekesha abafite ibitekerezo bitandukanye n’ibya leta, ndetse no gusyonyora abatavuga rumwe n’ubutegetsi, mbere y’amatora rusange.
Leta ku ruhande rwayo igaragaza abatavuga rumwe n’ubutegetsi nka ba nyirabayazana y’ubushyamirane hagati y’abasivile na polisi, ndetse ibashinja gukora za mitingi nta ruhushya bafite.