SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: #Kwibuka31: Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza : Kate Bashabe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > #Kwibuka31: Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza : Kate Bashabe
Andi makuru

#Kwibuka31: Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza : Kate Bashabe

Ahupa Radio
Last updated: 2025/04/10 at 3:37 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Kate Bashabe yifatanyije n’AbanyaRwanda mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse atanga ubutumwa bw’ihumure.

 Kuva ku wa 07 Mata 2025, mu Rwanda ndetse no ku Isi hose hatangiye icyumweru cy’icyunamo ndetse n’iminsi 100 uri rusange yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kate Bashabe umwe mu bakurikiranwa n’abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga, yibukije abamukurikirana ko Jenoside yakorewe Abatutsi yari yarateguwe ndetse ishyirwa mu bikorwa bigendanye n’imitegurire yabo ndetse avuga ko kwirengagiza no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ari igikorwa kidakwiye kwihanganirwa.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Kate Bashabe yagize ati “Muri Mata 1994, Abatutsi barenga miliyoni barishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu minsi 100. Ntabwo yari intambara y’abasivire byari ihohotera ndengakamere.”

Yakomeje agira ati “Byari Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe neza ishyirwa mu bikorwa. Ukuri ni ingenzi, reka tubivuge uko biri. Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ni igikorwa kibi kandi guceceka ni ukwifatanya n’abakoze Jenoside.”

Kate Bashabe avuga kandi ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi atari ukugira ngo abantu bagume mu gahinda ahubwo ari ukugira ngo ‘turinde ejo hazaza’ ndetse no kuvuga amateka mabi yaranze u Rwanda uko ari ndetse gukosora bamwe mu bashaka kugoreka ayo mateka.

Yagize ati “Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza. Buri gihe jya ukosora abagoreka amateka, musangize inkuru z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse munacane urumuri rw’uburwanyi.”

Asoza ubutumwa bwe agira ati “Ntituzahagarare. Bitari uko ari muri Mata ahubwo iteka ryose.”

 

 

You Might Also Like

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Polisi y’igihugu yataye muri yombi abakekwaho ubujura 21 mu majyepfo

Urukiko rwateye utwatsi ikirego Rusesabagina aregamo kompanyi ya Gainjet yamuzanye mu Rwanda

Ahupa Radio April 10, 2025 April 10, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Yemi Alade, Fireboy, Mr Eazi na Chriss Eazy bongeye ku rutonde rw’abazaririmba muri Trace Awards

September 21, 2023
Imyidagaduro

Kendo yashimiye buri wese wamufashije kugira ngo indirimbo Tabasamu Ijye hanze (Video)

February 28, 2024
Imyidagaduro

Niger: Igisirikare cyahiritse Perezida Mohamed Bazoum ku butegetsi

July 27, 2023
Andi makuru

Inteko rusange ya 26 y’Umuryango EAPCCO izabera i Kigali

January 13, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’ikirenge y’icyubahiro na Kaminuza ya Yonsei

June 5, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Toby Keith yitabye Imana azize Kanseri

February 7, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?