SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Byiringiro Lague agiye kujyana umunyamakuru Roben Ngabo muri RIB
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Byiringiro Lague agiye kujyana umunyamakuru Roben Ngabo muri RIB
Andi makuru

Byiringiro Lague agiye kujyana umunyamakuru Roben Ngabo muri RIB

Muhire Jimmy
Last updated: 2025/04/02 at 12:26 PM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

Umukinnyi w’ikipe ya Police FC, Byiringiro Lague yavuze ko agiye kujyana umunyamakuru Roben Ngabo mu Rwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) nyuma y’ibyo yamuvuzeho ko ari guhigwa n’abakinnyi bagenzi be kubera amadeni ababereyemo.

Kuri uyu wa Kabiri ni bwo umunyamakuru wa Radio & TV 10, Roben Ngabo mu kiganiro Urukiko rw’imikino, yavuze ko hari abakinnyi bishyuza Byiringiro Lague amafaranga ababereyemo.

‎‎Yaguze ati: “Byiringiro Lague waguzwe Miliyoni 45 FRW uhembwa 2,500,000 FRW, arishyuzwa na Pacifique Ngabonziza ibihumbi 300 FRW, arishyuzwa na Ishimwe Christian ibihumbi 200 FRW, Lague arishyuzwa kandi na Mutsinzi Ange asaga 1,500,000 FRW”.

‎‎Yavuze ko kandi hari amafaranga agera kuri Miliyoni 1 Frw abereyemo Hakizimana Muhadjiri wamukodesheje imodoka.

‎‎Nyuma y’ibi, Byiringiro Lague yahakanye aya makuru anavuga ko agiye kujyana Roben Ngabo muri RIB kuko ibyo yamutamgajeho ari ukumuharabika.

‎‎Aganira na SK FM yagize ati: “Ntabwo ari byiza gutangaza ibintu abantu bakubwiye utabanje kumenya neza niba ari byo, ni amakosa ni no gusebya umuntu kandi ntabwo ari byiza. Ibyo ntabwo ari byo ni ibihuha rwose.

‎‎Ubungubu ndi kuri RIB nagiye gutanga ikirego kubera ko yamparabitse cyane birengereye.  Ngiye kurega uwabitangaje (Roben Ngabo). Nta kibazo nsanzwe ngirana n’uwabitangaje kandi icyantangaje ni ukuntu yagiye kuvuga ibintu atabanje kumpamagara ngo ambaze niba ari byo, gusa yahise abivuga ashaka kunsebya imbere y’abantu”.

‎‎Uyu mukinnyi yavuze ko kandi “Namwandikiye kuri Instagram ndamubwira ngo ibi bintu ukomeze ni amakosa ngiye gutanga ikirego kuri RIB”.

‎‎Byiringiro Lague yasabwe n’abanyamakuru ba SK FM kubinyuza mu nzira y’ibiganiro, gusa avuga ko agomba gutanga ikirego kuko n’ubundi yageze kuri RIB.

 

You Might Also Like

Minisitiri Nduhungirehe yitabiriye inama yiga ku bufatanye bwa EU-AU I Buruseli

Augustin Patata Ponyo wabaye Minisitiri wa RDC yakatiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

Perezida Samia Suluhu yabitswe n’imbuga nkoranyambaga za X ya Polisi ya Tanzaniya

Ubuyobozi n’abakozi b’Inzozi Lotto basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (Amafoto)

Papa Leon XIV yakiriye Perezida Zelensky i Vatikani

Muhire Jimmy April 2, 2025 April 2, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

HUYE :Impanuka y’ikamyo ebyiri yangije byinshi

August 8, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yageze i Accra aho yagiye mu muhango wirahira rya Perezida mushya wa Ghana

January 7, 2025
Imikino

Swimming: Igihe cy’Amatora ya Komite Nyobozi Nshya cyamenyekanye.

January 21, 2024
Imikino

Novak Djokovic ashobora kwegukana igikombe cy’ijana

March 30, 2025
Andi makuru

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukuralinda yitabye Imana

March 3, 2025
Andi makuru

U Rwanda rwongeye gutangariza umuryango w’ubumwe bw’Uburayi ko rutazakomeza kwikorerzwa ibibazo bya RDC

March 11, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?