SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuvugizi wungirije wa M23 Dr Oscar Balinda yahakanye amakuru ku ifatwa rya Gen Omega
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umuvugizi wungirije wa M23 Dr Oscar Balinda yahakanye amakuru ku ifatwa rya Gen Omega
Andi makuru

Umuvugizi wungirije wa M23 Dr Oscar Balinda yahakanye amakuru ku ifatwa rya Gen Omega

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/03/06 at 12:56 PM
Wakibi Geoffrey
Share
3 Min Read
SHARE

Mu gitondo  cyo kuri  uyu wa kabiri mu gitondo nibwo  habyutse havugwa amakuru ko umutwe wa M23.ariko umuvugisiz  wuwow mutwe yatangaje ko  bagiye koherereza igisirikare cy’u Rwanda (RDF) Gen Ntawunguka Pacifique, uzwi nka Omega n’andi mazina, ko atari ukuri.

Ni mu kiganiro kigufi Umuvugizi wungirije w’Umutwe wa M23, Dr. Oscar Balinda, yagiranye na bimwe mu binyamakuru bikorera kuri Murandasi  nyuma y’amakuru yasakaye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 5 Werurwe 2025, yavugaga ko Gen Omega yoherezwa mu Rwanda.

Hari ikinyamakuru cyari yanditse ko Jenerali Pacifique Ntawunguka, uzwi nka Omega, wari Umuyobozi w’Ishami rya Gisirikare rya FDLR rizwi nka FOCA (Les Forces Combattantes Abacunguzi), agiye gushyikirizwa igisirikare cy’u Rwanda.

Ngo ni nyuma yo gufatirwa ku rugamba n’ingabo za AFC/M23 mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu ntambara bahanganyemo na FARDC.

Iki kinyamakuru cyavugaga ko Dr. Balinda, uvugira M23, yakibwiye ko nta gihindutse, uyu Mujenerali agezwa mu Rwanda kuri uyu wa 5 Werurwe 2025, gusa iyo nkuru yaje gusibwa ku mpamvu UMUSEKE utabashije kugenzura.

uvwo uyu mugabio yabazwaga nÚmunyamakuru w’Umuseke ukorera mu Rwanda  niba M23 ifite Gen Omega, yagize ati: “Ayo makuru ntabwo ari yo, reka reka, barabeshya.”

Yakomeje agira ati: “Ni bo bazanye igihuha, baranagikwiza, nta biriho.”

Yavuze ko amakuru nyayo ari ayo yatangaje ubwo u Rwanda rwashyikirizwaga Brig Gen Gakwerere Jean Baptiste, wari mu bayobozi bakuru ba FDLR.

Dr. Balinda avuga ko amakuru ya Gen Omega azamenyekana vuba kuko bakimushakisha, aho we ubwe yigereye ku ndaki ye iri Kanyamahoro, munsi y’ikirunga cya Nyiragongo.

– Advertisement –

Ati “Twageze ku ndaki ye nta we twabonye, ubwo rero irengero rye ntaryo tuzi, yaba yarapfuye, yaba ari mu mashyamba ya Congo kuko ayazi kurusha benshi.”

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga muri Mata 1994, Omega yayoboraga Batayo ya 94 yakoreraga mu Mutara, atsindwa n’Ingabo za RPA Inkotanyi.

Nyuma yo gutsindwa kw’ingabo zahoze ari iza FAR, Omega kimwe n’abandi yahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu bihe bitandukanye, Gen Omega yagiye yingingirwa gutaha mu Rwanda, akabitera umugongo, nk’uko byemejwe na Gen (Rtd) James Kabarebe mu 2016.

Gen (Rtd) James Kabarebe yavuze ko ubwe yihamagariye Omega, amusaba gutaha, undi amubwira ko azasubira mu Rwanda nta Mututsi ukirubamo.

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

I Kigali hateraniye inama itegura ibikorwa by’ingabo za EAC biteza imbere abaturage

RIB yasabye abanyarwanda kwirinda ababashukisha akazi keza mu mahanga bizezwa ubuzima bwiza

Wakibi Geoffrey March 6, 2025 March 5, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Abibaza ku mpinduka muri Guverinoma nibategereze ntiziraba :Perezida Kagame

January 9, 2025
Imikino

Basketball: REG WBBC yageze muri ½ cy’Imikino Nyafurika !

December 17, 2023
Ubukungu

RwandAir yatangije ingendo zigana i Paris

June 27, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yavuze igisobanuro cy’amazina yise abuzukuru be Anaya na Amalia

March 8, 2024
Imyidagaduro

Mu Rwanda hagiye gutangwa ibihembo bya Diva Beauty Awards 2023

July 4, 2023
Utuntu n'utundi

M 23 ikomeje kwigwizaho intwaro zikomeye yambuye Ingabo za FARDC

October 25, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?