SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umudage Rudiger Koch yaciye agahigko ko kumara iminsi 120 yibera munsi y’amazi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umudage Rudiger Koch yaciye agahigko ko kumara iminsi 120 yibera munsi y’amazi
Andi makuru

Umudage Rudiger Koch yaciye agahigko ko kumara iminsi 120 yibera munsi y’amazi

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published January 26, 2025
Share
SHARE

Umugabo wo mu Budage w’imyaka 59 witwa Rudiger Koch yaciye agahigo ko kuba munsi y’amazi iminsi 120 atagera imusozi, akuraho akari gasanzwe gafitwe n’Umunyamerika witwa Joseph Dituri wamaze iminsi 100 munsi y’amazi yo muri Leta ya Florida.

Koch usanzwe ari umuhanga mu by’isanzure yabaga muri metero 11 munsi y’amazi hafi ni inkombe za Panama, aba mu bwato.

Yavuye mu bwato yabagamo ku wa 24 Mutarama 2024 ndetse byemezwa na Susana Reyes uri mu bashinzwe kwemeza ko umuntu yaciye agahigo muri Guinness de Records.

Susana Reyes yavuze ko ari ibintu byari bigoye kubyemeza kuko mu bwato bwa Koch harimo camera enye zari zishinzwe kugenzura ko atigeze asohoka mu bwato kandi nta bibazo byo mu mutwe yagize, muri iyo minsi yose.

Koch amaze kuva mu mazi, yavuze ko byari ibintu byiza kandi yabyishimiye, biba akarusho iyo byabaga bigeze mu masaha ya nijoro.

Yagize ati “Ni byiza iyo ibintu byose bituje hakijima ubundi inyanja igashashagirana, ni ibintu ntabona uko nsobanura muzabikore namwe mwumve uko bimeze”

Ubwato bwa Koch bwari bwubatse mu buryo bugezweho bufite igitanda, televiziyo, ubwiherero, igare rya siporo, imashini ndetse na internet.

Ubu bwato kandi bwari bufite icyumba hejuru y’amazi gifite inzira abamuzaniye ibiryo, abaje kumusura cyangwa se umuganga banyuramo.

Koch yabwiye umunyamakuru wa AFP wamusuye akiri munsi y’amazi ko ako gahigo yashakaga guca, kazahindura imyumvire y’abantu cyane cyane aho bashobora gutura.

Yagize ati “Ibyo turi gukora hano ni kugerageza ko inyanja ari ahantu hatekanye ku bantu ”

Koch kugira ngo yiyemeze guca aka gahigo yabitewe no gukunda umugabo wabaga munsi y’amazi mu gitabo cyitwa ’Twenty Thousand Leagues Under the Sea’ cyanditswe na Jules Verne mu kinyejana cya 19.

You Might Also Like

Burundi :Ishyaka CNDD –FDD rya Ndayishimiye ryegukanye imyanya yose mu nteko ishinga amategeko

Trump yatangaje ko yatunguwe n’ibibazo byabaye hagati ye na Elon Musk

Minisitiri Nduhungirehe Olivier aranenga abayobozi bakomeje gusakaza amakuru ashobora guhungabanya amasezerano hagati na RDC

Elon Musk akomeje kwicuza icyamuteye kugirana ibibazo na Donald Trump

Minisitiri Constant Mutamba yongeye guterana amagambo n’umushinjacyaha mukuru

Nsanzabera Jean Paul January 26, 2025 January 26, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Mumporeze Adeline wakuze afite inzozi zo gukina Filime yatangiye gukora ize bwite

October 17, 2023
Imikino

Mu Rwanda hagiye kubera iserukiramuco Nyafurika ry’abafana ba Arsenal

March 31, 2025
Imyidagaduro

Bimwe mu byamamare byatangaje ko bizitabira igitaramo cyateguwe na Ev. Dana Morey Mu Rwanda

June 6, 2023
Imyidagaduro

Tic Tac Foods iyoborwa na Frederick yatanze amafaranga yemeye yo gufasha abana ba Jay Polly

April 23, 2024
Imyidagaduro

Ibihembo bya Isango na Muzika Awards bigiye gutangwa ku nshuro yabyo ya 5

September 4, 2024
Imyidagaduro

Joseph Marley, umwuzukuru wa Bob Marley wari umuhanzi uzwi nka Jo yitabye Imana.

December 28, 2022

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?