SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Tonzi aritegura kumurika alubumu ye ya 10
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Tonzi aritegura kumurika alubumu ye ya 10
Imyidagaduro

Tonzi aritegura kumurika alubumu ye ya 10

Gossip Kigali
Last updated: 2025/01/08 at 10:47 PM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana, Clementine Uwitonze, wamamaye cyane mu muziki w’u Rwanda no hanze nka Tonzi, agiye gushyira hanze album ye ya cumi muri uyu mwaka wa 2025.

Ni nyuma y’uko ku wa 31 Werurwe 2024 yamuritse album ye ya cyenda yise ‘Respect’ mu gitaramo cy’amateka, cyongeye guhuza itsinda rya The Sisters ribarizwamo Tonzi, Aline Gahongayire, Gaby Kamanzi, na Phanny Wibabara

Iyi album nshya y’uyu muhanzikazi avuga ko izaba igizwe n’indirimbo ze bwite n’izo yakoranye n’abandi bahanzi.

Ati: “Mu 2025 ndateganya gushyira hanze album ya 10, ntagihindutse. Narayirangije, bishobotse nzayimurikira abakunzi banjye.”

Uyu muhanzikazi ufite inararibonye mu muziki avuga ko Imana yamuhaye umugezi w’indirimbo zidakama, ko uko azajya ashobozwa kuzikora muri studio, azajya azisangiza abana b’Imana.

Asobanura kandi ko ibyo agambirira byose bigamije kuzamura icyubahiro cy’Imana binyuze mu bihangano no gukomeza gufatanya mu guteza imbere ubuhanzi muri rusange.

Ati: “Hari n’ibindi byiza mbateganyiriza, nzagenda mbamenyesha uko mbishobojwe n’Imana.”

Ubwo Tonzi yiteguraga kumurika album ye ya cyenda, yahishuye ko kuririmba biri mu bimugize, ko nta mpamvu n’imwe yamutera gucika intege.

Yagize ati: “Imana ifite ukuntu igenda ibikora, kuko ari yo yampaye iyerekwa.”

Ku wa 03 Mutarama 2025, Tonzi yashyize hanze indirimbo ya mbere muri uyu mwaka, yitwa ‘Merci’.

Uyu munyabigwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda amaze gushyira hanze album 9, ari zo: Humura, Wambereye Imana, Wastahili, Izina, I Am a Victor, Amatsiko, Akira, Amakuru, na Respect.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali January 8, 2025 January 8, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Itsinda rya ‘Diva ‘s Dance Group’ ryatumiwe mu birori byo kwizihiza umunsi w’abagore Muri Chillax Lounge

March 7, 2024
Imikino

Gen Mubarakh Muganga na Maj Gen Nyakarundi basuye abakinnyi ba APR bitegura Azam Fc

August 21, 2024
Imyidagaduro

Teta Sandra agiye kwongera gutegura ibitaramo by’abambaye umweru I Kigali

May 23, 2023
Andi makuru

Abafana 5 ba APR FC bakomerekeye mu mpanuka berekeza muri Tanzania

August 15, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yageze i Dubai mu nama izahuza abaturutse mu bihugu 150

February 12, 2024
Imikino

Skol Rwanda yafunze ikibuga cy’imyitozo ku makipe yombi ya Rayons Sport

February 19, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?