SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Paul Kagame na Emir wa Qatar bitabiriye F1 ya Qatar GP
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Paul Kagame na Emir wa Qatar bitabiriye F1 ya Qatar GP
Andi makuru

Perezida Paul Kagame na Emir wa Qatar bitabiriye F1 ya Qatar GP

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/02 at 12:20 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Qatar yahuye na Emir wa Qatar, bagirana ibiganiro ndetse banakurikirana isiganwa rya Formula 1 rya Qatar Grand Prix.

Uru rugendo ruvuzwe nyuma y’Inama umukuru w’igihugu yakoreye mu gihugu cya Tanzaniya aho yari yitabiriye Inama ihuza abakuru b’ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba yabereye Arusha .

Amakuru aturuka mu biro ntaramakuru bya Qatar, avuga ko Perezida Paul Kagame yageze muri Qatar ku Cyumweru, tariki ya 1 Ukuboza 2024, aho yari yitabiriye isiganwa rya 23 rya Qatar Grand Prix, ribanziriza irya nyuma rya 24.

Perezida Paul Kagame yakiriwe n’Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Ahmed bin Hassan Al Hammadi na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kainamura.

Perezida Kagame ari kumwe na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani bitabiriye isiganwa rya Formula 1, ryabereye mu muhanda Lusail International Circuit.

Bibaye mu gihe u Rwanda ruri kwitegura kwakira inama y’ishyirahamwe ry’umukino wa Formula 1, FIA, ndetse rwahawe amahirwe yo kwerekana aho rugeze rutegura iyi nama, n’amahirwe ari mu bukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri ‘Visit Rwanda’.

Iri rushanwa si irya mbere Perezida Kagame yitabiriye kuko yagiye mu yandi nka Singapore Grand Prix ya 2024, ndetse yitabiriye niya 2022.
Perezida Kagame yaherukaga muri Qatar muri Gashyantare uyu mwaka, mu rugendo rw’akazi aho yahuye na Emir wa Qatar, bagirana ibiganiro bigaruka ku mubano w’ibihugu byombi.

 

You Might Also Like

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Polisi y’igihugu yataye muri yombi abakekwaho ubujura 21 mu majyepfo

Urukiko rwateye utwatsi ikirego Rusesabagina aregamo kompanyi ya Gainjet yamuzanye mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul December 2, 2024 December 2, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

ZeoTrap,Bushali,Nel Ngabo,Ariel wayz na Kevin Kade binjije abanyamusanze muri noheli neza

December 27, 2024
Andi makuru

Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20

June 4, 2025
Imyidagaduro

Justin Bierber n’umugore Hailey Baldwin bagiye kwibaruka imfura yabo

May 10, 2024
Andi makuru

U Rwanda rwongeye gutangariza umuryango w’ubumwe bw’Uburayi ko rutazakomeza kwikorerzwa ibibazo bya RDC

March 11, 2025
Imyidagaduro

Byari ibyishimo mu birori byo kwakira Murumuna wa Bad Rama bari baraburanye

December 10, 2023
Imyidagaduro

Selena Gomez yakeje Rema nyuma y’uko indirimbo Calm Down iciye agahigo kuri Spotify

September 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?