SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umunyarwenya Steve Harvey yakiriwe mu biro na Perezida Paul Kagame
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umunyarwenya Steve Harvey yakiriwe mu biro na Perezida Paul Kagame
Andi makuru

Umunyarwenya Steve Harvey yakiriwe mu biro na Perezida Paul Kagame

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published November 20, 2024
Share
SHARE

 

Umunyarwenya akaba n’icyamamare kuri televiziyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Harvey,umaze iminsi mu Rwanda yatangaje ko yakiriwe mu biro na Perezida Paul Kagame.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Steve Harvey  yashimye Perezida Kagame, ku bw’imbaraga no kwicisha bugufi bimuranga.

Yagize ati “Igihamya cy’ubudaheranwa bw’u Rwanda no kubabarira.”

Steve Harvey ni umukinnyi wa filime ndetse n’umunyarwenya wabigize umwuga, kuri ubu amafaranga atunze abarirwa muri $100,000,000. Ibi ngo si ibyapfuye kuza kuko Steve yabayeho ubuzima butoroshye atagira aho aba.

Steve Harvey w’imyaka 67 mu kiganiro yagiranye na People Magazine yatangaje ko mbere yo kwamamara yamaze igihe kigera ku myaka itatu ntaho kuba agira, ngo yararaga mu modoka ye yo mu bwoko bwa Ford Tempo, yakenera koga agacunga kuri sitasiyo ya lisansi cyangwa muri hoteli akogera mu bwogero bwayo Kugira ngo ajye mu bitaramo by’abanyarwenya, Steve Harvey byamusabaga kwiba lisansi

Steve yagize ati “Byari ibihe bibi cyane, byari bibabaje cyane. buri muntu agira igihe asubiza amaso inyuma, akitotomba akumva arambiwe. Byambayeho kenshi.” Steve yibukiranyije igihe yari yagiye kogera rwihishwa mu bwogero bwa hoteli agategereza amasaha atarikuraho isabune ngo batamufata. Yagize ati “natangiye kurira ariko ijwi rirambwira ngo: nukomeza kugerageza ntucike intege nzakugeza aho utari wagera na rimwe. Wagira ngo ni Imana yambwiye ngo: wicika intege ugiye kugerayo”

Mu nzozi ze Steve Harvey yumvaga ashaka kuba umunyarwenya. Yavuze ko we atigeze na rimwe atekereza ko n’ubwo yumvaga ashaka kuba umunyarwenya wabigize umwuga ariko ngo urwego agezeho atigeze na rimwe atekereza ko yarugeraho.

Mu mwaka wa 1993 nibwo Steve Harvey yataramiye mu gitaramo cyabereye muri Apollo Theater, inzu y’ibirori iherereye muri Manhattan muri New York, icyo gitaramo nicyo cyabaye intangiriro y’ukumenyekana kwe  agitangira Steve yohererezaga menshi mu mafaranga yabaga yakoreye umuryango we yari yarasize akajya gushakisha ubuzima.

Amazina ye yose ni Broderick Stephen Harvey, yavukiye Welch, West Virginia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika afite abana 7 harimo batatu batari abe b’amaraso yashakanye na Marcia Harvey muri 1980 batandukana nuri 1994.

Muri 1996 yashakanye na Mary Shackelford baza gutandukana muri 2005 Muri 2007 yashakanye na Marjorie Bridges ari new bakibana kugeza ubu.

Steve yamenyekanye cyane muri filime Love Doesn’t Cost a Thing yakinnye ari umubyeyi wa Nick Cannon. Niwe kandi wanditse filime nka Act Like a Lady na Think Like a Man nawe akinamo.

You Might Also Like

Burundi :Ishyaka CNDD –FDD rya Ndayishimiye ryegukanye imyanya yose mu nteko ishinga amategeko

Trump yatangaje ko yatunguwe n’ibibazo byabaye hagati ye na Elon Musk

Minisitiri Nduhungirehe Olivier aranenga abayobozi bakomeje gusakaza amakuru ashobora guhungabanya amasezerano hagati na RDC

Elon Musk akomeje kwicuza icyamuteye kugirana ibibazo na Donald Trump

Minisitiri Constant Mutamba yongeye guterana amagambo n’umushinjacyaha mukuru

Nsanzabera Jean Paul March 6, 2025 November 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

Apôtre Yongwe yajuririye mu rukiko rwisumbuye

November 7, 2023
Imyidagaduro

Marc Anthony wigeze kuba umugabo wa Jennifer Lopez yishumbushije Miss Paraguay 2021

January 30, 2023
Imyidagaduro

Ibihembo bya Rwanda International Movie Awards bigiye gutangwa ku nshuro ya 8

February 9, 2023
Imyidagaduro

Ibihembo bya Isango na Muzika Awards bigiye gutangwa ku nshuro yabyo ya 5

September 4, 2024
Kwamamaza

Israel Mbonyi yagizwe Brand Ambassador w’ikinyobwa cya Maltona gikorwa na Skol

July 26, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yagiriye uruziduko rw’akazi muri Angola

March 11, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?