SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nyuma y’igihe kirekire bataruhuka Riderman na Bull Dogg bijeje igitaramo cya amateka abakunzi ba Hip Hop
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Nyuma y’igihe kirekire bataruhuka Riderman na Bull Dogg bijeje igitaramo cya amateka abakunzi ba Hip Hop
Imyidagaduro

Nyuma y’igihe kirekire bataruhuka Riderman na Bull Dogg bijeje igitaramo cya amateka abakunzi ba Hip Hop

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/08/20 at 11:44 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Abaraperi Riderman na Bull Dogg bari mu myiteguro y’igitaramo cyabo ‘Icyumba cy’amategeko’ giteganyijwe ku wa 24 Kanama 2024, aho bahigiye kukigira kimwe mu bitaramo bya Hip Hop by’amateka u Rwanda ruzaba rugize.

Ibi aba baraperi babitangarije itangazamakuru ritandukanye ryabasuye aho bari kwitoreza hamwe n’itsinda rya Shauku Music rizabacurangira mu gitaramo.

Bull Dogg yavuze ko urebye imyiteguro yabo iri kugana ku musozo, igisigaye ari igihe cy’igitaramo bagasusurutsa abakunzi babo.
Ati “Dusa n’aho tugeze mu byiciro bya nyuma by’imyiteguro. Tubimazemo igihe ubu turi kunoza uko gahunda yagenda ku munsi w’igitaramo.”

Riderman yavuze ko bamaze amezi abiri mu myiteguro nubwo ukwezi kumwe ariko bakoranye n’itsinda rizabacurangira gusa, ryo ngo ryatangiye mbere, agahamya ko imyiteguro imeze neza cyane.

Bull Dogg yavuze ko abantu bakwiye kwitabira igitaramo cyabo bakazaryoherwa n’imigendekere yacyo cyane ko bazaba bafatanya n’abandi baraperi bakomeye.

Bamwe mu baraperi bategerejwe muri iki gitaramo barimo Bushali, B Threy, Kenny K-Shot, Ish Kevin na Bruce The 1st biyongeraho itsinda rya Tuff Gangs.

Iki gitaramo byitezwe ko kizabera muri Camp Kigali aho kwinjira ari ibihumbi 10Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 20Frw muri VIP n’ibihumbi 30Frw muri VVIP.

Icyakora abari kugura amatike mbere bahawe ubwasisi kuko itike y’ibihumbi 10Frw bari kuyigura ibihumbi 7Frw mu gihe iy’ibihumbi 20Frw yo iri kugura ibihumbi 15Frw naho iy’ibihumbi 30Frw ikagura ibihumbi 25Frw.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul August 20, 2024 August 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

M23 yageneye ubutumwa Leta ya RDC nyuma yo kuva kw’izima ikemera ibiganiro

March 13, 2025
Imyidagaduro

Lady Gaga Yinjije arega miliyoni ijana mu mwaka wa 2023

February 6, 2024
Andi makuru

Kigali :Hatashywe laboratwari ipima ubuziranenge bwa kasike zikoreshwa n’abamotari

December 12, 2024
Imyidagaduro

Hamza Bouncer wo muri The Wave Lounge aranyomoza amakuru avuga ko bakira abantu nabi

June 16, 2023
Imyidagaduro

Kivumbi yateguye igitaramo cyo kumurika alubumu ye

May 28, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yavuze ko agiye guhagurukira abashyize imbere ruswa n’amarozi mu mupira w’u Rwanda,

July 4, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?