SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Danny Vumbi yahishuye igituma atava mu muziki kugeza ubu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Danny Vumbi yahishuye igituma atava mu muziki kugeza ubu
Imyidagaduro

Danny Vumbi yahishuye igituma atava mu muziki kugeza ubu

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/08/20 at 7:18 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzi akaba n’umwanditsi Semivumbi Daniel, uzwi cyane nka Danny Vumbi, yagaragaje ko gufatanya n’abandi bahanzi biri mu byatumye atava mu muziki, nyuma yo gusenyuka kw’itsinda yabarizwagamo rya The Brothers kugeza ubu akaba akiri umuhanzi utarigeze yibagirana. 

Abakurikiye umuziki mu myaka ya za 2008, 2009 na 2010, biragoranye ko bakwibagirwa indirimbo zirimo iyitwa Bya Bihe, Yambi, Nyemerera, Sawa Sawa n’izindi zariririmbwe n’itsinda rya The Brothers ryari rigizwe n’abasore batatu barimo Ziggy 55, Vicky na Danny Vumbi mbere y’uko batandukana.

Bituma buri wese akomeza gahunda ze ku giti cye, bamwe bakomeza umuziki ku giti cyabo barimo Danny Vumbi wakoze indirimbo abifatanya no kwandikira abandi bahanzi.

Ubwo yari mu kiganiro n’imwe muri Radio  zikorera mu Rwanda mu ijoro rya tariki 18 Kanama 2024, Danny Vumbi yagarutse ku mpamvu zamuteye imbaraga zo gukomeza gukora umuziki nyuma yo gutandukana na bagenzi be muri The Brothers.

Bimenyerewe ko akenshi iyo amatsinda asenyutse abari barigize basa nk’abacitse intege ku buryo abenshi bigira mu yindi mirimo itari umuziki.

Mu gusubiza ikibazo cy’aho yakuye imbaraga zo gukomeza umuziki Danny yavuze ko ari ubufatanye n’abndi bari mu ruhando rwa muzika bwamufashije kugera ku ntego.

Yagize ati: “Bimwe mu bitumye ngihumeka mu muziki, harimo gukorana n’abandi, kuba nari mbuze imbaraga z’itsinda  nazishakishije mu bahanzi bankikije. Mba ndi kumwe n’abahanzi, mba ndi muri studio, mba nandika indirimbo z’abandi bahanzi, buriya nshobora kumara umwaka ntasohoye indirimbo ariko naranditse izigera kuri 30.”

Akomeza agira ati: “Ikindi cyatumye nguma mu muziki harimo no gukura, baca umugani mu Kinyarwanda ngo ushaje asigaho, hari ibintu by’imiguruko mba nta kijyamo, ibintu byose bitamfitiye akamaro mbigendera kure, noneho iyo mbigendeye kure bituma ibitekerezo n’amaboko yanjye mbishyira ku murongo.”

Kuri Danny Vumbi avuga ko ntacyo yagaya abahanzi bo muri iki kinyejana kuko ibinyejana byose biba ari bimwe, ahubwo icyo bitandukaniraho ni imyaka biba birutanwa, kuko ibiba uyu munsi byahozeho, icyo bisaba ngo ni ukutarengera.

Agira inama abahanzi bakiri bato kwirinda ibigare ahubwo bagakora bita ku byo bifuza kugeraho, gushyira hamwe no gukora cyane.

Uretse kuba Danny Vumbi yaranditse indirmbo zitandukanye z’abahanzi, yanamenyekanye ku ndirimbo zitandukanye zirimo Ni Danger aherutse gusubiranamo na Bwiza, Baragowe, na Ndabakwepa aherutse gushyira ahagaragara imaze iminsi ibiri.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul August 20, 2024 August 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umunyamideri Moses Turahirwa yatangaje ko byemewe n’amategeko ari umugore

April 27, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Tems yatangaje itariki azataramiraho i Kigali

January 18, 2025
Andi makuru

Bertrand Bisimwa ayoboye intumwa za AFC/M23 zagiye muri Qatar

March 28, 2025
Ubukungu

Abatetsi bo mu mahoteli y’I kigali bateguye iserukiramuco bise Taste Flavour of Kigali

March 19, 2024
Imikino

Mukansanga Salima yahawe igihembo cya Forbes Woman Africa 2023

March 9, 2023
Andi makuru

Perezida wa Burkina Faso Ibrahim Traoré yashinze inganda 3 zitunganya inyanya ku nkunga y’abaturage

April 15, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?