SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jennifer Lopez yikomye abakomeje kumwibasira bamuba ibye n’umugabo we
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jennifer Lopez yikomye abakomeje kumwibasira bamuba ibye n’umugabo we
Imyidagaduro

Jennifer Lopez yikomye abakomeje kumwibasira bamuba ibye n’umugabo we

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/23 at 10:26 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Nyuma y’iminsi mike bimenyekanye ko umuhanzikazi w’icyamamare, Jennifer Lopez, yatandukanye n’umugabo we, Ben Affleck, yikomye cyane abantu babimubazaho yaba mu itangazamakuru cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.

Mu cyumweru gishize nibwo byatangajwe ko umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime, Jennifer Lopez yamaze gutandukana n’umugabo we Ben Affleck bari bamaze imyaka 2 n’igice barushinze. Uyu mugabo we usanzwe ufite izina rikomeye muri Hollywood akaba asigaye anibana mu nzu ye i Los Angeles mu gihe yasize Lopez i Calabasass aho babanaga.

Kuva aya makuru yatangazwa Jennifer Lopez n’umugabo we bakomeje kugarukwaho cyane mu binyamakuru hibazwa icyaba cyabatandukanyje. Uyu muhanzikazi bwa mbere yabibajijwe yanze kugira icyo abivugaho ahubwo yiyama abari kubimubaza.

Ibi yabikoreye mu kiganiro n’itangazamakuru mu gihugu cya Mexique aho ari kwamamaza filime ye nshya yitwa ‘Atlas’ igiye kunyura kuri Netflix. Lopez arikumwe na Brad Peyton wayoboye iyi filime baganiriye n’itangazamakuru maze uyu muhanzikazi abazwa impamvu yatandukanye n’umugabo we Ben Affleck.

Mu gusubiza Lopez yagize ati: ”Ntabwo ndi hano kugirango mvuge ku mubano wanjye n’umugabo wanjye, ndi hano kuvuga kuri filime yanjye gusa. Ndabasaba ko mwarekera ku mbaza ibibazo by’urugo rwanjye”.

Jennifer Lopez yakomeje ati: ”Ibi birareba n’abandi banyamakuru bose bari kubimbaza kimwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga. Murekere aho kunyinjirira mu buzima bwite. Ntabwo iby’urugo rwanjye aribyo muzajya muvuga kuko si ibyanyu. Kuki ntababonye muvuga kuri album yanjye nshya?”.

Ibi uyu muhanzikazi abisubije nyuma y’iminsi ishize yibasiwe ku mbuga nkoranyambaga avugwaho kuba ariwe nyirabayazana witandukana rye na Ben Affleck bari bamaranye imyaka ibiri n’igice basezeranye kubana akaramata.

 

 

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul May 23, 2024 May 23, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Guverinoma ya Israel igiye kujuririra ibirego ICC irega Benjamin Netanyahu

November 28, 2024
Ubuzima

Airtel Money Rwanda na Radiant Insurance batangije ubwishingizi bise Ingoboka cash (Amafoto)

July 18, 2024
Imikino

Rayon Sports : Musa Esenu yatandukanye na Rayon Sports !

January 5, 2024
Imyidagaduro

Prof Harelimana wigeze kuyobora ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative yatawe muri yombi

September 15, 2023
Imyidagaduro

Miss Uwase Raissa Vanessa yahishuye ko nta mugabo n’inzoga akifuza mu buzima bwe

October 5, 2023
Imyidagaduro

DJ Ira mu byishimo byinshi nyuma yo gutangira gufashwa guhabwa ubwenegihugu yemerewe na Perezida Kagame

March 18, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?