SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Itorero Inyamibwa ryataramiye benshi barimo Perezida Kagame na Madamu mu gitaramo inkuru ya 30 (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Itorero Inyamibwa ryataramiye benshi barimo Perezida Kagame na Madamu mu gitaramo inkuru ya 30 (Amafoto)
Imyidagaduro

Itorero Inyamibwa ryataramiye benshi barimo Perezida Kagame na Madamu mu gitaramo inkuru ya 30 (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/25 at 10:36 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
10 Min Read
SHARE

Umugoroba wo ku wa 23 Werurwe 2023 ni umugoroba utazibagirana mu mateka y’itorero Inyamibwa  AERG  nyuma yo  gusangiza  abanyarwanda  byinshi abanyarwanda bagezeho  mu myaka 30 u Rwanda  rwibohoye  mu gitaramo bise  Inkuru  ya 30 kitabiriwe na  Perezida wa Repubulika  Nyakubahwa  Paul  Kagame na Madamu Jeannette  Kagame  muri BK ARENA .

 Icyo gitaramo cyari giterejwe na benshi kabone ko  cyari kimaze igihe cy’amezi Atari  munsi ya ane gitegurwa mu rwego rwo  kugira itorero Inyamibwa rizasangize  abanyarwanda ibyiza abanyarwanda bagezeho mu myaka 30 .

  Iki gitaramo byari  biteganyijwe  gutangira kw’isaha ya saa kumi n’ebyiri  cyaje gutangira  nyuma gatoya kubera  imvura nyishi  yaguye  mu bice byinshi  by’igihugu harimo  n’umujyi wa  Kigali  ariko ntiyabujije abakunzi b’umuziki gakondo  kwitabira icyo gitaramo  ari benshi  kabone ko wabona inyubako ya BK Arena yari yasendereye yuzuy ibintu  byabaye ubwa mbere ngo  itorero ririmba injyana gakondo  ryuzuza iyo  nyubako .

 Nubwo imvura  yaguye ari nyinshi cyahe agahana kw’isaha ya saa kumi nimwe aba mbere  bari batangiye gusesekara  I  remera kugira  bifatire  imyanya myiza babashe kwihera  ijisho ibyo bari bateguriwe n’itorero  inyamibwa

 Kw’isaha  ya  saa moya  nibwo : Umushyushyarugamba Lion Imanzi watangije iki gitaramo, yumvikanishije ko cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza imyaka 30 ishize ‘u Rwanda rwibohoye’.

Yavuze ko ubuyobozi bw’Inyamibwa bushimira buri wese witabiriye gufatanya n’abo kwizihiza iyi myaka 30 ishize u Rwanda ruvuye habi.

Ati “Ndashimira buri wese witabiriye iki gitaramo. Ni ukugaragaza urugendo rw’imyaka 30 ishize. Ni imyaka 30 ishize, u Rwanda rwihoboye, kandi igaragaza ko buri munyarwanda wese akwiriye Igihugu.”

 Mu ijambo rye, Umuhuzabikorwa w’Umuryango AERG ku rwego rw’Igihugu, Mudahemuka Audace yashimye buri wese witabiriye iki gitaramo, avuga ko ari igitaramo cyateguwe na AERG binyuze mu Itorero Inyamibwa.

Yasobanuye ko cyari kigamije ‘kwishimira ibyo u Rwanda rwagezeho muri iyi myaka 30 ishize’. Anavuga ko cyari igitaramo kigamije gushimira ‘Inkotanyi zateye intambwe ya mbere yo kubohora u Rwanda ndetse zihagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi’.

Uyu muyobozi yavuze ko ‘uyu ari umwanya mwiza wo gushimira Perezida Kagame we wafashe iya mbere akayobora Ingabo zahoboye u Rwanda’.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yanditse kuri konti ye ya X agira ati “Inyamibwa mwakoze ku gitaramo kitagira uko gisa cy’Inkuru ya 30. Mwizihiye u Rwanda nimukomeze murwubake cyane.”

 Ahagana I saa mbiri  nibwo  umuhanzi Iradukunda Yves  uzwi  nk’Impakanizi usanzwe ubarizwa mu Itorero Ibihame niwe wafunguye ku mugaragaro iki gitaramo. Yatangiriye mu murishyo w’ingoma, maze abantu barizihirwa.

Yakunze kugaragara cyane mu bitaramo byubakiye kuri gakondo. Mbere yo kuva ku rubyiniro yaririmbye indirimbo yitwa ‘Gusakaara’ mu rwego kunamirwa Buravan.

Impakanizi yavuze ko Buravan yari inshuti ye, kandi ari ngombwa kwizihiza ubuzima bwe. Ati “Natangiye mbabwira ko muri beza ariko ntabwo nibeshye. Ngiye kubasangiza igihangano cy’umwe mu nshuti zanjye ntagifite ubu ngubu, ariko twigeze, nibaza ko buri wese uri hano aramuzi, mumfashe dutaramane. Ni Yvan Buravan.”

 

 Nyuma  gato ahagana I saa mbiri n’igice nibwo Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze muri BK Arena, bakiranwa ibyishimo n’ibihumbi by’abantu, maze Umukuru w’Igihugu nawe arabasuhuza.

Umushyushyarugamba Mc Lion Imanzi ahuje amajwi n’abitabiriye iki gitaramo, bashimye Perezida Kagame ku kuyobora urugamba rwagejeje Abanyarwanda ku ntsinzi.

Lion Imanzi ati “Inkuru ya 30 ntiyari kuba yuzuye, iyo umubyeyi wagize uruhare ataza ngo twifatanye, reka tumushimire Nyakubahwa Perezida Kagame na Madamu Jeannette baje kwifatanya natwe.” Abitabiriye iki gitaramo bahanitse amajwi bati “Ni wowe, Ni wowe, Ni wowe…”

 I saa  mbiri  n’igice Itorero Inyamibwa ryakiriwe ku rubyiniro binjiriye mu murishyo w’ingoma n’inanga iherekejwe n’amajwi yumvikanisha uko byagiye bisimburana mu buzima bw’Abanyarwanda kugeza aho umunyarwanda ariho atewe ishema no kwitwa umunyarwanda n’ubwo ubuzima butari bworoshye mbere ya 1994.

Iyi ndirimbo bateye kandi yumvikanisha uko Abanyarwanda batari bemerewe kuba mu gihugu cy’abo mu mudendezo bari baherereyemo mbere y’uko u Rwanda rubuhorwa.

Inyamibwa bati “Ikaze mu gitaramo cy’Itorero Inyamibwa…. Inkotanyi zatubereye umubyeyi, imyaka 30 ishize n’iyo gushimira inkotanyi…”

 Abagize Itorero Inyamibwa bagize bati “Turi Inyamibwa z’u Rwanda, Dore abakobwa, Dore abahungu. Iyi ni inkuru ya 30.”

Bifashishije umurya w’inanga, babaze inkuru y’ubuzima bugoye Abanyarwanda banyuze mu gihe cy’ubuhunzi, ariko ko umutima wateraga utekereza ku gihugu cy’abo.

 Inyamibwa ryatangiriye  ku mukino w’umusaza n’umwuzukuru we. Uyu mwana yabazaga Sekuru impamvu baheze ishyanga, akamubaza impamvu badataha mu Rwanda. Sekuru yamubwiraga ko bisaba ‘Intwari’ ariko kandi birashoboka ko bataha mu Rwanda.

Umwana yabazaga amateka y’u Rwanda, uko u Rwanda rumeze, Sekuru nawe akamubwira ubwiza bw’ u Rwanda akamusezeranya ko bazataha vuba.

-Mu 2023 iri torero ryakoze igitaramo bise ‘Urwejeje Imana’ cyatanze ibyishimo ku mubare munini. Bizihirijemo isabukuru y’imyaka 25 yari ishize ishushanya urugendo rw’iterambere bagezeho n’iyaguka mu bijyanye no guteza imbere umuco binyuze mu mbyino n’indirimbo.

Iri torero ribarizwamo abantu bazwi nka Muvunyi Ange Nina ukina muri Indoto ari ‘Mimi’, Umuratwa Kethia Anitha wabaye Miss Supranational 2021, Teta Ndenga Nicole wabaye ‘Miss Heritage’ muri Miss Rwanda 2020, Musoni Kevine wageze mu bakobwa bavuyemo Miss Rwanda 2022.

 Nyuma y’uwo  mukino baririmbye  ndirimbo  iya mbere  Ukwakira  berekana ikarita y’u Rwanda n’Abasirikare bayizengurutse bari gupanga urugamba rwo kubohora u Rwanda. Iri mu ndirimbo zamamaye cyane, kuko igaruka ku rugamba.

Iyi ndirimbo yahimbwe n’inkotanyi bavuga ko iyo tariki aribwo binjiye. Ubwo binjiye ingabo za mouvoma (Ubwo bavugaga ingabo za kera) ko zababonye zigahunga; Habyarimana agahamagaza amahanga bakaza n’abo bakabatsinda.

Muri rusange ni indirimbo yo kwirata ubutwari. Hari aho baririmba bati ‘Iya mbere ukwakira ku wa 90, twarose inzozi nziza ko tugiye kwambuka, mu gitondo cya mbere twari dusesekaye ntawadukomeye imbere, oye Nkotanyi.”

Bavugamo uduce bari bamaze gufata nka Ruhengeri, Kagitumba, Umutara, Gatanu, i Burunga n’ahandi.

Nyuma y’iyi ndirimbo ‘Iya Mbere Ukwakira’, bakurikijeho umuhamirizo w’intore, umutahano, intagishyika, ikotaniro ndetse no kwiyereka mu ikondera.

Urugamba rwo kubohora Igihugu rwaranzwe n’ubwitange bw’Ingano zari iza RPA, uruhare rw’Abanyarwannda bari mu mahanga, imbere mu gihugu n’ahandi kugeza ubwo Ingabo zibashije gutsinda urugamba.

Mu rugendo rw’urugamba, Ingabo za RPA zagiye zihimba indirimbo zabafashije mu kwishakamo ‘Morale’, ndetse amatorero nk’Isamaza, Indahemuka n’abandi babarizwaga mu Bubiligi bahimba indirimbo zabaye iz’ibihe byose.

Abagize itorero inyamibwa bakomeje  kuririmba zimwe  mu ndirimbo zitandukanye zifite aho  zihuriye n’urugamba  rwo  kubohora igihugu  rwari ruyobowe na Nyakubahwa  Perezida Paul Kagame  ndetse  ni zindi zivuga  ku rugendo  rw’u Rwanda  nyuma y’Imyaka 30 nyuma  ya Jenoside yakorewe Abatutsi  1994 .

Mbere gato  y’uko  igitaramo gihumuza  Umusizi akaba n’umukinnyi wa filime, Rudahigwa Emmanuel ‘Rugaba’ wamamaye muri filime ‘Papa Sava’ yisunze inganzo ye yumvikanishije uburyo Perezida Kagame yahinduye u Rwanda igihugu kirangamiwe, yongera gusubiza u Rwanda n’Abanyarwanda agaciro.

Yavuze ko ari umuyobozi mwiza, kandi akangurira buri wese kuzagira uruhare mu matora ya Perezida n’Ay’Abadepite ateganyijwe tariki 15 Nyakanga 2024.

Uyu musizi yanagarutse kuri gahunda ya Gira Inka, yafashije benshi mu Banyarwanda kongera gutunga, amata aravumera hose. Ati “Twanyweye amata, dushira ubworo…Amata aguhame bene u Rwanda. Amata agukwiriye bene u Rwanda.

Ubwo u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 29 Umunsi wo Kwibohora, Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda guhora biha agaciro, kandi bagaharanira kuba abo bari bo.

Ati “Icyo nsaba Abanyarwanda ni icyo ngicyo cyo guhora biha agaciro, bumva amateka, amabi ya mbere twanyuzemo, icyabiteye kigahinduka mu bihe tugezemo, tukabikorera, tukabiharanira bityo tukaba abo dukwiriye kuba abo turi bo.”

 Mu rwego rwo  kwerekana ko abanyarwanda  nyuma y’imyaka 30 ntakindi kintu cyaza gusenya ibyo  bagezeho Itorero  inyamibwa ryaririmbye indirimbo yamamaye mu buryo bukomeye mu gihe cy’amatora ya Perezida Kagame yitwa ‘Ndandambara’ ubundi bakoranyiriza hamwe ibihumbi by’Abantu, ibyishimo bigera kuri benshi.

Ni imwe mu ndiririmbo zabiciye bigacika, ahanini bitewe n’amagambo ayigize, kandi yumvikanisha ko Imana yarinze Perezida Kagame n’undi wese izamurinda. Bati “Nta ntambara yantera ubwoba, iyarinze Perezida Kagame izandinda”.

-Uyu mukino ‘Inkuru ya 30’ bawukinnye mu gice cy’amasaha abiri n’iminota 30: Wakinwe n’abahungu 25, Abakobwa 35, Abaririmbyi 18 n’abakaraza 4.

Ahagana  I saa  tanu n’igice zirengaho  iminota mike  nibwo  igitaramo cyashyizweho  akadomo maze Itorero inyamibwa ririmba  zimwe  mu ndirimbo ziviga ku byiza by’u Rwanda  nka Rwanda uri nziza’, ‘Kigali uteye neza kandi utatse ibyiza’, Imihigo y’imfura’ ndetse na ‘Reka ndate ubutwari bw’inkotanyi’.

 Benshi  mu bari  bitabiriye  icyo gitaramo  batashye  ubona bagishaka gukomeza gutarama ariko nkuko gahunda  yari yateguwe biba ngombwa ko  bataha ariko bishimye cyane

 

 

 

 Amafoto: Inyarwanda 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul March 25, 2024 March 24, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Hadji Sadate Munyakazi yiyemeje kutazibagirwa urubyiruko natunga miliyari y’amadorali

January 14, 2025
Andi makuru

Perezida Ramaphosa yakuriye inzira abakeka ko afitanye ikibazo na Perezida Kagame

May 13, 2025
Imyidagaduro

Miss Uwihirwe Yasipi Casmir yasabwe n’umukunzi we

March 31, 2025
Imyidagaduro

50 Cent yajyanye mu nkiko abakora filime ya Skill House

April 28, 2025

Itangazo risubiza ibararuwa isaba gusubiza quincallerie Belle Ltd mu gitabo cy’amasosiyeti

May 13, 2024
Imikino

Ikipe y’amagare ya TotalEnergies iri kwitegurira umwaka w’imikino mu Rwanda

January 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?