SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ifoto ya Perezida Macron yitoza iteramakofi yavugishije benshi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Utuntu n'utundi > Ifoto ya Perezida Macron yitoza iteramakofi yavugishije benshi
Utuntu n'utundi

Ifoto ya Perezida Macron yitoza iteramakofi yavugishije benshi

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/21 at 12:48 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kugaruka ku mafoto mashya ari hanze, agaragaza Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ari mu myitozo yo gutera ibipfunsi (Boxing).

Aya mafoto yashyizwe hanze n’ushinzwe gufata amafoto ya Perezida Emmanuel Macron, binyuze kuri Instagram.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bahise bayasamira hejuru, bavuga ko yashyizwe hanze Macron agamije kwerekana imbaraga afite muri politike kurenza uko byaba amafoto y’imyitozo gusa.

Abavuga ibi babishingira ku kuba Macron akomeje kugarukwaho cyane muri politike mpuzamahanga, kubera icyemezo amaze iminsi ashyigikiye cyo kohereza muri Ukraine abasirikare bo guhangana n’u Burusiya.

Nubwo ari icyemezo ibindi bihugu byo muri NATO byateye utwatsi, u Bufaransa bwo bukomeje kugitsimbararaho, ndetse bivugwa ko mu minsi iri imbere bushobora kuzohereza abasirikare 2000 muri Ukraine.

Abamaze iminsi bakurikirana aya makuru babonye aya mafoto, bashimangira ko Macron yayashyize hanze agamije kwigaragaza nk’umunyembaraga.

Ikindi cyatumye aya mafoto akurura impaka ni ingano y’akaboko ka Macron. Benshi bagaragaza ko muri aya mafoto kaba kabaye kanini ugereranyije n’uko gasanzwe kangana, bakemeza ko byose byakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga mu guhindura umwimerere w’amafoto.

Uretse abakoresha imbuga nkoranyambaga basamiye hejuru aya mafoto, anakomeje kugarukwaho n’abatuvuga rumwe n’ubutegetsi bwa Macron barimo umudepite Sandrine Rousseau.

Abinyujije kuri Twitter, Sandrine Rousseau, yavuze ko aya mafoto ya Macron “agaragaza akaga politike (y’u Bufaransa) irimo.”

Aya mafoto ya Macron agiye hanze nyuma y’iminsi mike umugore we, Brigitte Macron, avuze ko umugabo we yitoza ibijyanye no gutera ibipfunsi nibura kabiri mu cyumweru.

 

You Might Also Like

Tomiko Itooka wari ukuze kurusha abandi kw’isi yitabye Imana ku myaka 116

Meet Amb. Kingsley Amafibe A Vocal Advocate Of Unity and Peaceful Co-existence

Namibia yangiye ubwato bwa MV Kathrin bwari butwaye intwaro muri isarel guhagara ku cyambu cyayo

Bahati Makaca yikomye abategaga urugo rwe iminsi

Donald Trump na Kamala Harris guhurira mu kiganiro mpaka

Nsanzabera Jean Paul March 21, 2024 March 21, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cy’ifungurwa rya Titi Brown

December 12, 2023
Imikino

Paris St Germain na Visit Rwanda bongereye amasezerano azamura imyaka indi myaka itatu

April 17, 2025
Imyidagaduro

Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha byo kwica abantu 14 urw’agashinyaguro yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

September 26, 2023
Imikino

Police FC yegukanye igikombe cy’Intwari 2024 mu mukino wabayemo imvururu

February 1, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Senegal Bassirou Diomaye Faye

March 27, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Zelensky wa Ukraine

January 17, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?