SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: RIB yaburiye abiba Telefone z’abantu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > RIB yaburiye abiba Telefone z’abantu
Andi makuru

RIB yaburiye abiba Telefone z’abantu

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/01 at 5:53 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwakoze igikorwa cyo gusubiza telefone zibwe zigera ku 167 kuri ba nyirazo ndetse inyinshi zafatiwe ahagurishirizwa izakozwe, isaba abazigura kwigengesera cyane kuko bigira ingaruka.

Ni igikorwa cyabereye ku Sitasiyo ya RIB biherereye mu Murenge wa Remera, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Werurwe 2024, aho abibwe izo telefone bajyaga kuzireba.

Telefone 167 zibwe ziri mu bwoko butandukanye. Muri icyo gikorwa cyo kuzishaka, hari abantu batatu bafashwe bakekwaho kuziba, bakazigurisha ndetse bakanazihindurira ibirango byazo [Serial Number].

Aba bose bakurikiranyweho icyaha cyo kwinjira mu makuru ya mudasobwa cyangwa urusobe rwayo, guhindura ibiranga igikoresho, kugurisha ikintu cy’undi no kuba ibyitso ku cyaha cy’ubujura.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko abantu bagomba kugira uruhare mu gucunga ibyabo, bakigengesera, bakamenya kubika amakuru y’ibikoresho byabo no kutagura ibikoresho batazi iho byavuye.

Ati “Hari ibyo abantu bakwiriye kumenya mu kubasha gucunga ibyacu. Ukimara kugura telefone ujye ubika inyemezabwishyu yawe kandi Serial Number uyishyire ahandi hantu kuko abenshi bayibika muri ya telefone bikajyana. Rimwe na rimwe usanga hari abazi izina ryayo gusa.”

Ikindi ni ukwirinda kugura telefone zakoze. Iba ari make ariko ibiyikurikira biba bikomeye. Izi zose harimo izafashwe, hari abaziguze, icyo gihe barahomba. Harimo n’abazigura babizi neza ko zibwe.”

Murangira yongeyeho ko uwibwe telefone agomba kwihutira guhagarikisha by’agateganyo konti ze ziyishamikiyeho kuko abaziba boroherwa no gutwara amafaranga ari kuri banki byahujwe.

Icyaha cyo kwinjira muri mudasobwa utabiherewe uburenganzira no kwinjira mu makuru ayibitse cyangwa urusobe rwayo gihanwa n’Ingingo ya 24 y’itegeko ryo gukumira no guhana ibyaha byakoreshejwe ikoranabuhanga cy’igifungo cy’imyaka ibiri ariko itarenze itanu ndetse n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 1 Frw na miliyoni 2 Frw.

Guhindura ibiranga mudasobwa bihanishwa gufungwa hagati y’umwaka umwe n’ibiri ndetse n’ihazabu y’ibihumbi 500 Frw kugera kuri miliyoni 1 Frw.

You Might Also Like

Kigali : Umusore wo mu kigero cy’ imyaka 20 yiyahuriye ku nyubako izwi nko kwa Makuza ahita yitaba Imana

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yatanze impapuro zimwerera guhagararira u Rwanda muri Kenya

Canal+ Rwanda yashyize igorora abakiliya bayo ibaha Poromosiyo ya Umukiliya n’umwami

Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20

Perezida Kagame yasuye ishuri rikuru ry’’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano muri Algerie

Nsanzabera Jean Paul March 1, 2024 March 1, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye Abadepite bo mu Amerika

May 29, 2024
Imyidagaduro

Igitaramo cya Swangz Avenue All Star kimuriwe umwaka utaha

December 16, 2024
Imyidagaduro

Burna Boy yabaye umuhanzi wa mbere muri Afurika uzaririmba muri Grammy Awards 2024

January 22, 2024
Imikino

Abafana ba Kiyovu bari bafunzwe bazira gutuka Mukansanga Salima bagizwe abere

February 6, 2023
Andi makuru

M23 yongeye gufata umujyi wa Masisi

January 10, 2025
Imyidagaduro

Skol yateguye igitaramo Nyega Nyega kizahuriramo abaraperi bakanyujijeho mu Rwanda

May 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?