SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mukazayire Nelly wo muri RDB mu bihumbi byabitabiriye ibirori bya Grammy Awards 2024
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Mukazayire Nelly wo muri RDB mu bihumbi byabitabiriye ibirori bya Grammy Awards 2024
Imyidagaduro

Mukazayire Nelly wo muri RDB mu bihumbi byabitabiriye ibirori bya Grammy Awards 2024

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/06 at 12:34 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, Mukazayire Nelly ari mu bitabiriye ibirori by’itangwa ry’ibihembo bya Grammy, byabereye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

RDB ibinyujije kuri X, yavuze ko uyu muyobozi yari mu bihumbi by’abantu bari bakoraniye muri Crypto Arena, bitabiriye itangwa ry’ibi bihembo byatanzwe mu rukerera rwo ku wa Mbere tariki 5 Gashyantare 2024.

Mu butumwa RDB, yatanze yavuze ko uretse kwitabira, Mukazayire Nelly yagiranye ibiganiro na Panos Andreas Pana, Perezida wa The Recording Academy itegura ikanatanga ibi bihembo, ndetse n’abandi barimo abayobozi baturutse muri Afurika y’Epfo na Kenya.

Aba bagiranye ibiganiro byagarutse ku guteza imbere, imyidagaduro ku Mugabane wa Afurika utuwe ahanini n’urubyiruko, binyuze mu muziki n’ubuhanzi.

Mukazayire Nelly yatangaje ko uruganda rw’imyidagaduro ari ingenzi cyane, mu kuzamura no gutyaza impano, kurema imirimo n’izamuka ry’ubukungu.

Ati “Uruganda rw’imyidagaduro ni ingenzi cyane mu kuzamura impano, kurema imirimo, bikagira uruhare mu izamuka ry’ubukungu. Niteze imikoranire ishikamye na Recording Academy.”

Uyu muyobozi agiranye ibiganiro na The Recording Academy, nyuma y’uko mu 2022 Umuyobozi Mukuru wa Grammy Awards, Harvey Mason Jr, yari i Kigali aho yari yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya GUBA (Grow, Unite, Build Africa).

Mu 2022 kandi Mbabazi Rosemary wari Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco yagiranye ibiganiro na Harvey Mason, Jr, bigamije ubufatanye mu guteza imbere uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul February 6, 2024 February 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Abaraperi Diplomate B-Threy, Jay C na Fireman batumiwe mu gitaramo cya Gen-Z comedy Show

January 8, 2025
Iyobokamana

Umuramyi Fortran Bigirimana agiye gukorera igitaramo I Bruxelles

August 7, 2024
Imyidagaduro

Israel Mbonyi yapfushije Sekuru

January 12, 2023
Imyidagaduro

Tom Close yasubitse igitaramo yari yateguye cyo guca agasuzuguro ka Tems

March 11, 2025
Imikino

Igihe kirageze ngo hakorwe impinduka: KNC Perezida wa Gasogi United!

December 10, 2023
Imyidagaduro

Kenny Sol yishimiwe na Abarundi mu gitaramo yakoreye i Bujumbura (Amafoto)

February 11, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?