SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Liliane Mbabazi yahishuye impamvu yatumye atandukana na Radio
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Liliane Mbabazi yahishuye impamvu yatumye atandukana na Radio
Imyidagaduro

Liliane Mbabazi yahishuye impamvu yatumye atandukana na Radio

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/01/09 at 3:21 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Urukundo rwa Mozey Radio na Lilian Mbabazi ruri mu nkuru zagarutsweho cyane muri Uganda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, gusa benshi ntibamenye icyatandukanyije aba banyamuziki bombi bafitanye abana babiri Asante Manzi Ssekibogo na Izuba Ssekibogo.

Mu mashusho y’iminota 47 yashyizwe ku rubuga rwa Swangz Avenue, uyu muhanzikazi yavuze ko yari amahitamo ye yo gutandukana na Mowzey Radio mu rwego rwo kumurinda, abana babo, kurinda urukundo bari bafitiye Se ndetse hari isura atashakaga ko bamubonaho.

Yagize ati “Njye na Mowzey twari dufitanye umubano wihariye, uriya mugabo ndamukunda n’umutima wanjye wose ariko hari igihe twagezemo tunyura mu bintu bibi cyane. Nashatse ko abana bacu bibuka papa wabo mu buryo butandukanye nubwo nabonye. Ni yo mpamvu twatandukanye.”

“Nashakaga kumurinda we n’abana ndetse n’urukundo bamufitiye, ndabizi byaramugoye, natwe byaratugoye, umuhungu n’umukobwa wanjye bari bato, nahisemo kugenda kugira ngo mbarinde.”

N’ubwo Radio ari umwere muri iki kibazo, Lilian Mbabazi, yavuze ko ibikorwa bye n’ibindi byari bimukikije ari bimwe mu byagize ingaruka ku mubano wabo.

N’ikiniga cyinshi yagize ati “Si uko Mowzey yakoze ikintu kibi, ahubwo ibintu byari bimuzengurutse, abantu bari kumwe na we kandi mfite abana bato n’inshingano zo kubarinda. Mowzey yashoboraga kugenda akamara amezi abiri ari mu bitaramo nkasigarana n’abana kandi nanjye mfite gukora umuziki ariko abana ni bo bazaga mbere y’ibyo.”

Lilian Mbabazi avuga ko aticuza kuba yaratandukanye na Mowzey Radio, yizera ko inzira y’ubuzima iyobowe n’imbaraga z’Imana.

Yakomeje ati “Nta kundi nari kurinda Mowzey n’abana uretse kuba dutandukanye kugira ngo twishyire ku murongo. Ni uko byagenze, buri ntambwe yose dutera Imana iba izi ikizakurikaho, ntabwo mbyicuza, n’iyo mpaguma hari icyari kuba.”

Lilian Mbabazi yavuze ko mbere y’uko Mowzey Radio yitaba Imana hari gahunda y’uko basubirana bakarera abana babo bari kumwe.

Uyu muhanzikazi kandi yavuze ko atongeye kujya mu rukundo nyuma ya Mowzey Radio ndetse nta gahunda afite yo kongera gukundana bitewe n’inshingano afite gusa ngo hagize n’uboneka yaba afite urukundo rurenze urwo yabonye.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul January 9, 2024 January 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuryango wa Producer Junior watangaje amatariki azashyingurirwaho

July 30, 2023
Andi makuru

Bidasubirwaho Ingabo za M23 nizo zirinze Goma n’umupaka n’u Rwanda

January 29, 2025
Imyidagaduro

Abavuga ko nkora mpomba nabamenyesha ko inzozi zanjye zabaye impamo :Bad Rama

December 11, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida Bassirou Diomaye Faye watorewe kuyobora Senegal

March 27, 2024
Andi makuru

FARDC ikomeje gukubitwa inshuro na M23 nyuma yo guta muri yombi abasirikare bayo

December 10, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yasuye abaturage bahuye n’ibiza i Rubavu (Amafoto)

May 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?