SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Miss Tina Uwase na Murumuna we bahaye ababyeyi babo impano y’ inzu n’Imodoka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Miss Tina Uwase na Murumuna we bahaye ababyeyi babo impano y’ inzu n’Imodoka
Imyidagaduro

Miss Tina Uwase na Murumuna we bahaye ababyeyi babo impano y’ inzu n’Imodoka

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/19 at 6:53 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Uwase Clementine (Miss Tina) wahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Miss Supranational 2018, yahaye ababyeyi be inzu mu gihe murumuna we witwa Umulisa Charlotte uzwi nka Princess Cici na we wari kwitabira iri rushanwa umwaka ushize ntibikunde, yabahaye imodoka.

Uwase nyuma yo guha ababyeyi be inzu yanditse ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko amaze imyaka itanu abikorera akaba yishimira ko yakabije inzozi ze.

Ati “Inzozi zibaye impamo. Nahoranye inzozi z’igihe nk’iki mu buzima bwanjye bwose ndetse mbikorera mu myaka itanu. Ababyeyi banjye ni impano nziza ndetse kubasha kubaha inzu ni umugisha udasanzwe. Ndi umunyamugisha cyane kuba mfite abavandimwe banjye, ababyeyi banjye, umuryango wanjye na buri wese washyigikiye izi nzozi mu buryo bumwe cyangwa ubundi.’’

Uyu mukobwa ntabwo yigeze yifuza kuvuga agaciro iyi nzu ifite gusa avuga ko ihenze. Murumuna we Umulisa Charlotte yatanze Peugeot 307 Coupe Cabriolet ifite agaciro k’arenga miliyoni 9 Frw.

Bose bavuga ko n’ubwo aribo batanze amafaranga yo kugura ibi byombi, babikoze mu izina ry’abandi bavandimwe babo bafite.

Tina Uwase na Murumuna we Umulisa basanzwe baba muri Pologne, aho Uwase akora akazi ko kumurika imideli ndetse afite sosiyete ikora amakote yo mu bwoko butandukanye.

Ibi abikora abinyujije muri brand yise ‘Tina Classic Suits’ ikora amakote (Suits) y’abagore.

Murumuna we Umulisa na we babana muri Pologne yagiye yitabira amarushanwa y’ubwiza arimo irya Miss Warsaw muri Pologne.

Umulisa asanzwe ari umunyeshuri muri Pologne aho yiga ‘International Tourism and Hospitality Management’.

Uyu mukobwa ni umunyamakuru kuri TV Bet muri Pologne. Akunda kwandika imivugo no kumva indirimbo.

Uwase Tina aritegura gutangiza uruganda rwa Cotex yise ‘Tina Bio Pads’ avuga ko ari umushinga amaze imyaka itatu yigaho.

Ibikoresho birimo imashini zizifashishwa muri uru ruganda ntabwo ziragera i Kigali ariko avuga ko ziri hafi, ku buryo zizahagera yarabonye n’aho gukorera kuko atarahabona ubu; icyo gihe ni nabwo azamenya itariki agomba gutangirira imirimo ye.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul December 19, 2023 December 19, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa São Tomé-et-Príncipe

August 31, 2023
Imyidagaduro

Safi yashyize hanze indirimbo “Valentino “yakoreye mu Brazil bitungura benshi

February 9, 2024
Imyidagaduro

Indirimbo calm down ya Rema na selena Gomes yongeye guca agahigo ko kurebwa cyane

November 3, 2023
Imyidagaduro

Niyo Bosco yavuye muri KIKAC Music nyuma y’amezi 6 ayisinyemo

January 9, 2025
Imyidagaduro

P Diddy yashimangiyeko yishyura 5000$ Sting kubera indirimbo ye ‘Every Breath You Take’

April 18, 2023
Andi makuru

PDiddy yikomye inzego za Leta ashyize ubuzima bwe mu kaga

October 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?