SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Macky Sall wa Sénégal yageze i Kigali
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Macky Sall wa Sénégal yageze i Kigali
Andi makuru

Perezida Macky Sall wa Sénégal yageze i Kigali

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/18 at 4:02 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida wa Sénégal, Macky Sall, yageze Kigali aho yitabiriye ubutumire bwa mugezi we w’u Rwanda, Paul Kagame mu birori byo gutaha uruganda rwa BioNTech Africa.

 

Akigera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, Perezida Macky Sall yakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igendamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana.

Ibirori byo gufungura ku mugaragaro uruganda rwa BioNTech Africa ruzajya rukora inking za Covid-19 n’izindi ndwara, biteganyijwe kuba kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Ukuboza 2023, i Kigali.

Ubuyobozi bwa BioNTech bwatangaje ko ari umuhango uzitabirwa n’abayobozi bakomeye ba Guverinoma ndetse n’ubuyobozi bukuru bwa BioNTech.

Perezida Sall yaherukaga mu Rwanda muri Nyakanga 2023 ubwo yari yitabiriye inama ya Women Deliver.

Tariki ya 4 Nyakanga 2023 kandi Perezida Kagame na Sall bari bagiranye ibiganiro i Dakar ubwo yari mu rugendo yerekeza muri Trinidad and Tobago.

Ibihugu byombi bihuriye ku mushinga wo kubaka inganda zikora inkingo za Covid-19 n’indi miti muri Afurika. Ni inganda zizubakwa i Kigali n’i Dakar ku bufatanye n’Ikigo BionTech ndetse na Banki y’Ishoramari y’u Burayi, European Investment Bank.

Ibihugu byombi bisanzwe bifite umubano ushingiye kuri dipolomasi na politiki. Mu 2021 ni bwo Ambasade y’u Rwanda muri Sénégal yizihije isabukuru y’imyaka 10 ishize ifunguwe.

U Rwanda na Sénégal bifitanye amasezerano arimo ay’ubufatanye mu by’umuco yasinywe mu 1975, ay’ubutwererane rusange yasinywe mu 2004, ay’ishyirwaho rya komisiyo ihoraho ishinzwe kugenzura umubano w’ibihugu byombi yasinywe mu 2016 ndetse n’amasezerano y’ubufatanye ari hagati y’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA na Radio Television Sénégalaise.

Kuri ubu kandi hari amasezerano ibihugu byombi biteganya gusinyana mu bijyanye n’uburezi, ubuzima ndetse n’ingendo zo mu kirere.

 

You Might Also Like

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Polisi y’igihugu yataye muri yombi abakekwaho ubujura 21 mu majyepfo

Urukiko rwateye utwatsi ikirego Rusesabagina aregamo kompanyi ya Gainjet yamuzanye mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul December 18, 2023 December 18, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Teacher Mpamire na Dr Okello bageze i Kigali bakirwa na Fally Merci utegura Gen Z Comedy

July 24, 2024
Imyidagaduro

The Ben yageze muri Amerika aho yitabiriye Rwanda Day 2024

January 30, 2024
Utuntu n'utundi

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yasabiwe gufungwa imyaka 10

March 20, 2024
Andi makuru

Abashinwa bahishuye ko biteguye guhangana n’amerika igihe icyo aricyo cyose

March 6, 2025
Ubukungu

Sea2City yashyize igorora abatunze imbwa n’Injangwe muri Kigali

November 7, 2024
Imyidagaduro

Itorero Inyamibwa ryateguje igitaramo cy’amateka cyatwaye arenga miliyoni 80

March 13, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?