SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Meddy na Adrien Misigaro bakoranye indirimbo ya 2 yo kwinjiza abakunzi babo mu bihe bya Noheli
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Meddy na Adrien Misigaro bakoranye indirimbo ya 2 yo kwinjiza abakunzi babo mu bihe bya Noheli
Andi makuru

Meddy na Adrien Misigaro bakoranye indirimbo ya 2 yo kwinjiza abakunzi babo mu bihe bya Noheli

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/11 at 8:23 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ngabo Medard Jorbert [Meddy] basohoye ifoto yaherekejwe no kutagira byinshi bavuga kuriyo, ariko irateguza indirimbo y’abo bakoranye igomba gusohoka mu cyumweru kiri imbere.

Amakuru dukesha bamwe  mu nshuti za  hafi z’aba bombi  avuga ko iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi (Audio) yamaze gukorwa na Producer Lick Lick, aho bageze mu gikorwa cyo kuyinononsora (Mastering) kugirango izasohoke ifite ireme buri umwe yishimiye.

Amashusho (Video) y’iyi ndirimbo nayo yamaze gufatwa, ku buryo aba bahanzi bateganya ko iyi ndirimbo izajya hanze mu cyumweru kiri imbere. Ni amashusho bafatiye mu bice bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Meddy amaze igihe atangaje ko yeguriye ubuzima bwe Yesu Kristo nk’Umwami n’umukiza, kandi agaragaza ko yiteguye kugaragaza imirimo y’Imana yifashishije impano ye.

Iyi ndirimbo yakoranye na Adrien Misigaro uherutse gusohora indirimbo ‘Ninjye ubivuze’ ‘bayifata nko gutanga Noheli ishyitse ku bakirisitu no kubafasha guherekeza neza umwaka wa 2023 biragije Imana’.

 

Ku wa 6 Mata 2015, bombi bahuje imbaraga bashyira ahagaragara amashusho y’indirimbo bise “Ntacyo Nzaba”.

Iri mu ndirimbo zihimbaza Imana zitarava ku rutonde rw’izikunzwe, ahanini biturutse ku magambo agize iyi ndirimbo y’iminota 3 n’amasegonda 49’.

Ni indirimbo iri kuri shene ya Press On Rwanda ya Producer Lick Lick. Kandi iyi shene ya Youtube igaragaza ko imaze kurebwa n’abantu barenga Miliyoni 6.

Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amashusho na Lick Lick iherekejwe n’ibitekerezo by’abantu barenga 1000 bavuga ko banyuzwe n’ubutumwa bukubiyemo.

Ubwo bashyiraga hanze iriya ndirimbo ‘Ntacyo Nzaba’, Meddy yavuze ko bayikoze mu rwego rwo gufasha Abakristu kwizihiza Umunsi Mukuru wa Pasika.”

Uyu munyamuziki wamamaye mu ndirimbo zinyuranye zirimo nka ‘Slowly’, yanavuze ko iyi ndirimbo bayikoze mu rwego rwo gukomeza Abanyarwanda, no kwishimira urugendo rw’iterambere Imana yateresheje Abanyarwanda n’u Rwanda.

Adrien Misigaro yavuze ko ariwe wagize igitekerezo cyo gukorana indirimbo ‘Ntacyo nzaba’ hanyuma agisangiza mugenzi we Meddy biyemeza kuyikorana.

Yavuze ko yakoze iyi ndirimbo mu rwego rwo kugirango ubutumwa asanzwe atanga burenge insengero ahubwo bugera no muri rubanda.

Ku wa 29 Ugushyingo 2023, The Ben yabwiye itangazamakuru ko icyemezo Meddy yafashe cyo gukora ‘Gospel’ gikomeye, ariko amuzi nk’umuhanzi ukorera Imana kuva na kera, kurusha mu ndirimbo zisanzwe zizwi nka ‘Secullar’.

Ati “Ni ibintu bishimishije! Icyemezo nka kiriya ni icyemezo gikomeye. Akantu ntemeranya na Meddy ni uko Meddy yahoze ari ‘Gospel’, Meddy yahoze ari umuhanzi wa Gospel na mbere y’uko abivuga ko agiye gukora Gospel.”

Akomeza ati “Meddy arabizi, namwigiyeho ibintu byinshi by’ubumana ndetse ni wa muntu umpamagara akambwira ati ese wakurikiye iyi video…”

Ashimangira ko mu myaka yose amaranye na Meddy amuzi nk’umuntu ukunda Imana, kandi mu bihe bitandukanye yamufashije nawe kuyiyegereza.

Meddy amaze igihe agaragaza ku mbuga nkoranyambaga ze ko yamenye Yesu utanga ubugingo, kandi arangamiye gukorera Ijuru no kwamamaza ingoma y’Imana.

Mu bihe bitandukanye yifashisha amagambo yo mu Bibiliya ndetse n’aye bwite akagaragaza ko gukorera Imana nta gihombo kirimo. Kandi akabwira buri wese gusenga Imana yaba ari mu bihe byiza cyangwa se mu iby’imiraba.

 

You Might Also Like

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo akabyimba muri Prostate

Perezida José Mujica wafatwanga nk’umukene yitabye imana ku myaka 89

Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite

Nsanzabera Jean Paul December 11, 2023 December 11, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Bwiza na Chris Eazy batumiwe mu gitaramo cyiswe Liberation Day Rwanda muri Zambia

April 16, 2023
Andi makuru

Imirambo 14 y’abasirikare ba SANDF baguye muri DRC yacyuwe iciye ku butaka bw’U Rwanda

February 7, 2025
Andi makuru

Guverinoma ya Burkina Faso yahagaritse Jeune Afrique

September 27, 2023
Imikino

Myugariro wa Arsenal Jurriën David Norman yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi

December 14, 2023
Imyidagaduro

TMC wahoze muri Deam Boys yatunguwe n’abahanzi nyarwanda baba muri Amerika kw’isabukuru ye

September 26, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya

August 19, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?